Umuhanzi w’Umunyarwanda, The Ben, yamaze kugera i Kigali, aho akubutse mu gihugu cya Canada, mu gitaramo cya Rwanda Youth Convention.
The Ben yatangaje ko igitaramo cye na Bruce Melodie kizaba ari uko Sitade Amahoro yuzuye
Uyu muhanzi agisesekara i Kigali, yatangaje ko sitade Amahoro niyuzura aribwo yifuza igitaramo cyo guhiganwa na Bruce Melodie, igitaramo kimaze iminsi kifuzwa n’abakunzi b’umuziki batari bake, nizera ko kizaca impaka hagati y’aba bahanzi bombi bakunzwe kigereranywa hibazwa urenze undi.
The Ben n'umukunzi we Pamela bafite ubukwe mu kwezi gutaha
Uretse ibyo kandi, The Ben yanatangaje ko yiteguye guha abakunzi impano y’indirimbo, mbere yuko akora ubukwe n’umukunzi we UWICYEZA Pamela, ubukwe biteganyijwe ko buzabera muri Kigali Convention Center, tariki 23 z’ukwezi gutaha.
