Koreya y’Epfo ikomeje guhangana n’uburumbuke buke kugeza aho yashyizeho uburyo bwo gutera inkunga abantu bashaka kurushinga.
Mu Karere ka Saha muri Busan, hashyizweho gahunda aho abaturage bayo bazajya bahembwa miliyoni zirenga 60 z’ amanyarwanda ku bashaka kurushinga.
Iyi gahunda ni imwe mu ngamba zirambye zo kurwanya igabanuka ry’abaturage b’igihugu rimaze kugera ku ntera ikabije aho uburumbuke bumaze kugabanuka kugera bana 0,72 gusa ku mugore umwe.
