Marcelo umaze imyaka 16 muri Real Madrid ari kuyikinira bwa nyuma

Marcelo umaze imyaka 16 muri Real Madrid ari kuyikinira bwa nyuma

 Oct 29, 2021 - 10:38

Marcelo yamaze gutangazako azatandukana na Real Madrid umwaka utaha.

Nyuma yuko Real Madrid ibaye ubukombe igatwara Uefa Champions League 3 yikurikiranya ibikesha abakinnyi barimo Cristiano Ronaldo, Kalim Benzema ‘Sergio Ramos Marcelo n’abandi. Real Madrid yabanje gutakaza Cristiano Ronaldo werekeje muri Juventus mu 2018.

Mu mwaka ushize Kapiteni wayo Sergio Ramos yerekeje muri Paris Saint-Germain, Ramos yerekeje muri Paris Saint-Germain asanzeyo Keylor Navas nawe wari wayerekejemo mbere.

Marcelo Vieira Da Silva Júnior wari Kapiteni nyuma yuko Sergio Ramos ahavuye yamaze gutangaza ko azatandukana na Real Madrid amazemo imyaka 15 kuva 2005 avuye muri Fluminense Fc muri Brazil.

Marcelo w'imyaka 33 yatangaje ko yagize ibihe byiza yifuzaga muri Real Madrid kandi inzozi ze zo gukina mu ikipe ya mbere ku isi zabaye impamo. Akaba yifuza gusubira muri Fluminense Fc yo muri Brazil yanamuzamuye.

Marcelo  wigeze kuba nimero ya mbere ku isi mu bakinnyi bakina ibumoso kuri 3 ubu ntakibanza mu kibuga (Marcelo Instagram photo)