Yolo The Queen yagiye muri Tanzania atabwiye Harmonize

Yolo The Queen yagiye muri Tanzania atabwiye Harmonize

 May 4, 2023 - 02:28

Umuhanzi Harmonize yatangaje ko yababajwe no kuba Yolo The Queen yarahengereye ari muri Amerika agahita ajya muri Tanzania.

Hashize imyaka igera kuri itatu Harmonize na Yolo The Queen hagagarara ibimenyetso ko aba bombi baba bari mu rukundo bikanagaragazwa n'ubutumwa bandikirana.

Byatangiye uyu mwari ashyira ifoto ye y'ubwambure kuri Instagram arangije aha uburenganzira uyu muhanzi kuba ariwe wagira icyo abivugaho, uyu muhanzi nawe ntiyatanzwe yayivuzeho biratinda.

Ifoto ya Yolo The Queen yavugishije Harmonize 

Ntibyarekeye aho kuko Harmonize nawe aherutse kuza mu Rwanda, bivugwa ko mu mpamvu nyamukuru zari zamuzanye harimo no gutsindira umutima w'uyu mukobwa.

Ndetse amakuru avuga ko Harmonize yatsindiye urukundo rw'uyu mwari kuko yaje kubonana na we muri Hotel Harmonize yarayemo ndetse ko banararanye.

Bikaba bitangazwa ko icyo gihe Harmonize yagiye afite umugambi wo gukundana na Yolo The Queen ndetse ubu bikaba biri kugenda binozwa.

Harmonize yaba yaratsindiye umutima wa Yolo The Queen 

Nubwo byari bimeze gutya, Harmonize yagaragaje ko yahawe amakuru y’uko Yolo The Queen ari kubarizwa muri Tanzaniya, ndetse ko atigeze amubwira ko yahaje.

Nyuma yo kubaza Yolo The Queen niba ari kubarizwa muri Tanzaniya, Yolo nawe yasubije ko yahavuye mu minsi itatu ishize ndetse ko yibaza uwamuhaye amakuru.

Harmonize ntiyanyuzwe no kuba Yolo The Queen yaragiye muri Tanzania atamubwiye 

Harmonize utari wakanyurwa, yahise abwira Yolo The Queen ko nasanga hari ibiganiro yagiranye n’uwo ariwe wese batari buze kumvikana.

Harmonize uri kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, akaba atishimiye kuba Yolo yaragiye muri Tanzania atamubwiye ndetse ubu hakaba hategerejwe niba uyu mukobwa ntacyo yaba yaraganiriye n'itangazamakuru kubijyanye n'uyu muhanzi.