Wiz Khalifa yasubije abavuga ko abaraperi bo muri Amerika basubiye inyuma

Wiz Khalifa yasubije abavuga ko abaraperi bo muri Amerika basubiye inyuma

 Sep 27, 2025 - 15:41

Nyuma y’uko hari abafana bagiye bavuga  ko abaraperi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo na Wiz Khalifa bari gusubira inyuma mu rugendo rwabo rw'umuziki, ndetse banavuga ko injyana ya Rap itakigira imbaraga ku isoko mpuzamahanga, uyu muraperi yanze kuripfana arabasubiza.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Wiz Khalifa yavuze ko ibyo kuvuga ko abaraperi batakigira agaciro atari byo. 

Yongeyeho ko kuzamuka no gusubira inyuma ari ibintu bisanzwe ku buzima bwa buri wese, bityo bikaba bidakwiye gufatwa nk’uko ari iherezo cyangwa se gusubira inyuma burundu mu ruganda rwa muzika.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe cyane ku isi muri Rap, yakomeje avuga ko injyana ya Rap igifite imbaraga, ahubwo abantu bakwiye kumva ko ibihe bihinduka, ndetse n’abahanzi bagahura n’ibihe bitandukanye mu mibereho yabo no mu muziki bakora.

Wiz Khalifa yasubije abashinja rap ya Amerika gusubira inyuma

Wiz Khalifa yavuze ko umuziki ari nk'ubuzima busanzwe habaho kuzamuka no kmanuka