Umusore ukomoka mu Burundi agiye gusinyira Bayern Munich

Umusore ukomoka mu Burundi agiye gusinyira Bayern Munich

 May 6, 2023 - 04:40

Irankunda Nestory ufite ababyeyi b'abarundi yamaze kumvikana n'ikipe ya Bayern Munich kuyisinyira.

Hashize iminsi hariho amakuru avuga ko ikipe ya Bayern Munich yifuza Irankunda Nestory ndetse ikomeje gukurikirana imyitwarire ye ngo irebe ko yagira icyo ayifasha mu myaka iri imbere.

Uyu musore w'imyaka 17 ni umwataka uca ku ruhande(winger), akaba akinira ikipe ya Adelaide United yo muri Australia ndetse akaba yaramaze no gukinira ikipe y'igihugu ya Australia n'ubwo afite ababyeyi b'abarundi.

Amakuru ahari ubu aravuga ko Irankunda yamaze kumvikana na Bayern Munich kuyisinyira, ariko akaba ashobora gutizwa muri Adelaide United asanzwe akinira akongera akayikira umwaka 2023-2024 kugira ngo akomeze kuzamura urwego.

Mu mikino 14 Irankunda Nestory yakiniye Adelaide United muri uyu mwaka w'imikino yabashije gutsindamo ibitego bine, bitatu muri ibyo bitego akaba yarabitsinze mu mikino ine iheruka.

Uyu musore ashobora gukina umwanya wose mu bataka imbere, ariko aba mwiza cyane iyo ari kwataka aca ku ruhande rw'iburyo.

Irankunda Nestory ni umunya-Australia wavukiye Kigoma muri Tanzania ku babyeyi b'abarundi bari mu nkambi, bivuze ashobora kuba yakinira Australia, u Burundi cyangwa se Tanzania gusa amahirwe menshi ni ayo gukinira Australia n'ubwo atarakina umukino mu ikipe nkuru.

Irankunda agiye gusinyira Bayern Munich (Net-photo)

View this post on Instagram

A post shared by The Choice (@thechoice_live)