Mutsinzi Ange ashobora gutandukana n'ikipe ye kubera ibyangombwa

Mutsinzi Ange ashobora gutandukana n'ikipe ye kubera ibyangombwa

 Aug 8, 2022 - 13:39

Myugariro w'Amavubi Mutsinzi Ange akomeje kugorwa no kubona visa yo kujya muri Portugal, bishobora no gutuma atandukana n'ikipe ye ya CD Trofense.

Byatangiye kuvugwa ko myugariro Mutsinzi Ange ashobora gutandukana n'ikipe ya CD Trofense yo muri Portugal, nyuma y'uko kubona visa ya Portugal bikomeje kugorana.

Mutsinzi Ange yatangiye gushaka visa nyuma y’umukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 Amavubi yatsinzwemo na Senegal 1-0 muri Senegal tariki ya 2 Kamena, ariko kuboneka kwayo byabaye ingorabahizi.

Ange Mutsinzi yari yahisemo kujya gushakira visa muri Mozambique kuko ituranye na Portugal ndetse yumvaga ko bizamworohera kuruta kujya Kenya yagiye ubushize bikamugora.

Uyu musore yakomeje kugorwa kugeza aho na CD Trofense, ikipe yasinyiye imyaka 2 muri 2021 itangiye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-23 ndetse n’imikino ya gicuti bakaba bayigerereye batari kumwe kuko Ange atarabona ibyangombwa.

Umwaka w'imikino ushize warangiye, Mutsinzi Ange amaze gufata umwanya ubanzamo muri CD Trofense yo muri Portugal, ariko mu gihe yakomeza kubura visa ashobora gutandukana n'iyi kipe akareba ahandi yerekeza.

Ange yari amaze kubona umwanya ubanza mu kibuga

Ange Mutsinzi mu ikipe y'igihugu Amavubi