Mu mpera z'iki cyumweru nibwo imikino ya Primus National League iraza kuba isubukurwa aho baraza kuba bakina umunsi wa 12 wa shampiyona y'ikiciro cya mbere.
N'ubwo imikino iratangira kuri uyu wa Gatandatu, ariko umukino w'umunsi uzaba ku Cyumweru aho ikipe ya Kiyovu Sport iyoboye urutonde izaba yakiriye APR FC iyigwa mu ntege ku rutonde rwa shampiyona.
Kiyovu ni iya mbere ikaba ifite amanota 24 mu mikino 11 imaze gukina, naho APR FC ni iya kabiri ikaba ifite amanota 23 mu mikino 9 imaze gukina. Birumvikana ko APR FC ifite imikino 2 y'ibirarane.
Ni umukino uzatangira saa 15:00 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Ikipe ya Kiyovu ivuga ko ishaka igikombe muri uyu mwaka wa shampiyona, igomba kubigaragaza hano kuko isanzwe ifite amateka atari meza imbere ya APR FC, irasabwa kuyitsinda ngo yongere ikizere.
Amateka agaragaza ko mu mikino 23 iheruka guhuza aya makipe, APR FC yatsinzwemo umukino umwe gusa bakanganya imikino ibiri mu gihe imikino 20 yose APR FC yayitsinze.
Ikipe ya Kiyovu kandi ifite agahigo kabi ko kuba muri iyo mikino yaratsinzwemo na APR FC ibitego byinshi kuko APR FC yayitsinze ibitego 43 mu gihe Kiyovu yo yatsinzemo ibitego 5 gusa.
Tariki ya 27 Ukwakira 2017, nibwo Kiyovu Sport iheruka gutsinda APR FC ku gitego kimwe ku busa cyabonetse ku munota wa 32 gitsinzwe na Mustafa Francis.
Mu izamu rya APR FC harimo Kimenyi Yves kuri ubu akaba ariwe Kapiteni wa Kiyovu Sport. Cassa Mbungo Andre ni we mutoza uheruka gutsinda APR FC atoza Kiyovu muri shampiyona, kuri ubu akaba aherereye muri Kenya aho atoza Bandari FC.
Ku cyumweru kandi undi mukino uhari uzatangira saa 12:30 aho Gorilla FC iri ku mwanya wa nyuma n'amanota 7 izaba yakiriye Bugesera FC iri ku mwanya 12 n'amanota 10.
Gusa uyu munsi wa 12 wa shampiyona y'u Rwanda uzaba watangiye kuri uyu wa Gatandatu aho hari imikino ine.
Saa 12:30, AS Kigali iratangira yakira Rutsiro FC. AS Kigali yatangiye umwaka neza ariko igeze hagati biba bibi kuko kubona intsinzi byagoranye cyane bikanaviramo Eric Nshimiyimana wayitozaga kwirukanwa. Kuva Jimmy Mulisa yayifata nawe ntaribona neza n'ubwo aherutse gutsinda Mukura, ariko araza kugerageza gushaka amanota atatu.
AS Kigali ntabwo iri kure ku rutonde rwa shampiyona kuko iri ku mwanya wa gatatu n'amanota 20 mu mikino 11 imaze gukina muri uyu mwaka. Rutsiro FC yo iherereye ku mwanya wa 11 aho ifite amanota 11.
Ku isaha ya saa 15:00 kandi Rayon Sport bakunze gutazira Murera, iraba yakiriye Musanze FC. Abakunzi na bamwe mu bantu bo muri Rayon Sport bavuga ko gutwara igikombe muri uyu mwaka bisgishoboka n'ubwo bari ku mwanya wa gatanu n'amanota 19.
Uyu uraza kuba ari umukino utoroshye kuko Musanze FC niyo ibakurikira ku mwanya wa gatandatu ikaba ifite amanota 16. Birumvikana ko harimo ikinyuranyo cy'amanota 3 gusa.
Indi mikino iri kuri uyu wa Gatandatu nayo iri saa 15:00, aho Espoir FC izakira Etoile de L'Est naho Etincelles ikakira Marine FC.
Umunsi wa 12 wa shampiyona uzasozwa ku wa mbere ahari imikino 2. Iyi mikino yose izaba saa 15:00, Gasogi United izakira Gicumbi FC naho Mukura Victory Sport yakire Police FC.
Shampiyona irasubukurwa mu mpera z'icyumweru(Net-photo)
Kyovu Sport iresurana na APR FC ikunze kuyitsinda(Image:APR FC)
