Uwahoze ari umukinnyi w'umupira w'amaguru Ronaldinho, yatangaje ko atazishimira cyangwa ngo arebe umukino n'umwe wa Brazil mu mikino ya Copa America, kuko arambiwe ibihe bibi.
Aganira n'urubuga rwa New York Times, Ronaldinho, ubu wamaze gusezera ku mupira w'amaguru, yavuze ko kubera insinzwi, bigoye kugira umwete wo imikino kandi ibyo bishobora kuba ku bantu bose bakunda umupira w'amaguru muri Brazil.
Icyakora, yavuze ko umupira w’amaguru wa Brazil udashimishije muri iyi myaka yashize, avuga ko nta bayobozi bubashywe bayobora amakipe yo muri Brazil ndetse ko na bakinnyi bari mu rwego rwo hasi.
Yagize ati:"Nibyo, ntabwo nzareba umukino uwo ari wo wose wa Brazil muri Copa America cyangwa ngo nishimire intsinzi iyo ari yo yose. Ndarambiwe, ni ibihe bibi ku bantu bose bakunda umupira wa Brazil. Kugeza ubu biragoye kubona imbaraga zo kureba imikino yabo.
Ni imwe mu makipe mabi muri iyi myaka. Nta bayobozi bakomeye, ndetse n’abakinnyi barasanzwe.
Sinigeze mbona ibintu bimeze nkibi, ntibubaha umwambaro wa Brazil kandi nta mukino muzima bafite. Urwego rwacu rwabaye rumwe mu bintu bibi cyane nabonye, biteye isoni.”
Twabibutsa ko uyu mugabo w’imyaka 44 yasezeye mu mupira w’amaguru mu mwaka wa 2018, nyuma yo gukora amateka mu makipe amwe arimo Grêmio, Paris Saint-Germain, Barcelona, AC Milan, Flamengo, Querétaro, Fluminense n'ikipe y'igihugu ya Brazil.
