Umutoza wa Rayon Sports ntiyemera ko umukino wabo na APR FC ari derby

Umutoza wa Rayon Sports ntiyemera ko umukino wabo na APR FC ari derby

 Feb 22, 2022 - 05:32

Umutoza wa Rayon Sports Jorge Manuel da Silva Santos Paixao ngo umukino w'ikipe ye na APR FC awufata nk'indi mikino kuko atareba nk'umufana.

Ku wa gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 ku isaha ya saa 15:00, nibwo hateganyijwe umukino ufatwa nk'uwa mbere numikino ikomeye mu Rwanda uhuza APR FC na Rayon Sports.

Umutoza Jorge Manuel da Silva Santos Paixao avuga ko ibyo kuvuga ko uyu mukino ari derby atabyemera dore ko arenzaho ko ari umunya-Portugal atari umunyarwanda, mbese atabibona nk'uko abanyarwanda babibona.

Ibi yabitangaje ubwo Rayon Sports yari imaze gutsinda Bugesera FC igitego kimwe ku busa kuri uyu wa mbere, igitego cyatsinzwe na rutahizamu Musa Esenu.

Uyu mutoza avuga ko we areba nk'umutoza atareba nk'umufana, akavuga ko uyu mukino ari umukino usanzwe nk'iyindi n'ubwo adahakana ko ari umukino ukomeye.

Manuel Pixao yagize ati:"twe icyo tureba ni umukino ukurikira , uyu ni umukino usanzwe nk'uko uyu munsi twakinnye na Bugesera ,APR ok ni iyambere ku rutonde kandi twubaha uwo tugiye guhangana , gusa kuri njyewe nta Derby ngira ,kuri njyewe ni umukino usanzwe ,  njyewe ndi umunya-Portugal ntabwo ndi  umunyarwanda, ikindi ntabwo ndi umufana ndi umutoza ."

Uyu munya-Portugal utoza Rayon Sports akomeza avuga ko ibyo kuba ari derby biri mu mitwe y'abafana, ariko akanongeraho ko bazakora ibishoboka ngo bawutsinde nk'uko basanzwe babikora.

Ati:"kuri njyewe n'abakinnyi banjye tuwufata nk'umukino usanzwe ,ukomeye kandi dushaka gukora igishoboka cyose ngo tuzawutsinde ni ibisanzwe ."

Rayon Sports igiye gukina na APR FC mu gihe APR FC iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ikaba iyirusha amanota umunani. Mu gihe Rayon Sports yatsindwa uyu mukino byaba bisa nk'ibirangiye mu gihe hari abagifite ikizere ku gikombe cya shampiyona.

APR FC na Rayon Sports barakina mu mpera z'icyumweru(Net-photo)

Umutoza wa Rayon Sports ntafata uyu mukino nka derby nk'uko ufatwa na benshi(Net-photo)

APR FC niyo iyoboye urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona(Net-photo)