Impungenge zakuweho kuri Cristiano Ronaldo

Impungenge zakuweho kuri Cristiano Ronaldo

 May 3, 2022 - 06:25

Mu gihe bimaze iminsi bihwihwiswa ko Cristiano Ronaldo atazaguma muri Manchester United, umutoza Ralf Rangnick yemeje ko uyu mugabo azaba ahari mu mwaka utaha w'imikino.

N'ubwo bizwi ko Manchester United ifite gahunda yo gusinyisha ba rutahizamu mu mpeshyi, Ralf Rangnick yemeje ko Cristiano Ronaldo azaguma muri iyi kipe yafashije cyane muri uyu mwaka w'imikino.

Ralf Rangnick wari umutoza w'agateganyo w'iyi kipe asigaje imikino ibiri gusa ya shampiyona ubundi agasoza umwaka w'imikino, aho azahita asimbirwa na Erik Ten Hag uri muri Ajax Amsterdam ariko akaba yaramaze gusinya amasezerano y'imyaka itatu muri Manchester United.

Gusa kuza kwa Erik Ten Hag gukomeje gutera impungenge benshi ku bakinnyi bagiye batandukanye bari muri iyi kipe, by'umwihariko rutahizamu Cristiano Ronaldo w'imyaka 37.

Cristiano Ronaldo yagarutse muri Manchester United mu mpeshyi ubwo yari avuye muri Juventus, aho yifuzwaga cyane na Manchester City ariko ahitamo gusubira muri Manchester United.

N'ubwo yatsinze ibitego 24 mu mikino 37 yakinnye muri uyu mwaka w'imikino, hari benshi batekereza ko ashobora kutazisanga neza mu mikinire ya Erik Ten Hag akaba ashobora kuva muri iyi kipe.

Ubwo iyi kipe yari imaze gutsinda Brentford ibitego 3-0, Ralf Rangnick yabajijwe na Stadium Astro niba Cristiano yaba yasezeye abafana akaba azava muri iyi kipe maze amara impungenge abakunzi b'uyu mugabo.

Rangnick yagize ati:"Sinumva impamvu yaba yasezeye. Afite undi mwaka ku masezerano ye kandi nk'uko mbizi azaba ari hano mu mwaka utaha w'imikino."

Rangnick yemeje ko Cristiano Ronaldo azahaguma(Net-photo)

Izi mpungenge zose ziyongereye mu minsi ishize aho Ralf Rangnick yatangaje ko Manchester United ishobora gusinyisha ba rutahizamu babiri cyangwa batatu.

Ralf Rangnick azamara indi myaka ibiri ari umujyanama muri Manchester United ndetse yamaze kwemezwa ko azaba ari n'umutoza w'ikipe y'igihugu ya Austria.

Mu minsi ishize haje andi makuru avuga ko Erik Ten Hag nawe yiteguye gukorana na Cristiano Ronaldo, mu gihe mbere byari byavuzwe mbere ko Ten Hag atifuza gukorana n'uyu munya-Portugal.