AFCON:Senegal ya Sadio Mane yisasiye Burkina Faso ihita igera ku mukino wa nyuma

AFCON:Senegal ya Sadio Mane yisasiye Burkina Faso ihita igera ku mukino wa nyuma

 Feb 2, 2022 - 18:19

Ikipe ya Senegal yabashije kugera ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika inshuro ya kabiri zikurikirana.

Ni umukino wa kimwe cya kabiri mu gikombe cy'Afurika wari uteganyijwe kuri uyu wa gatatu. Ni umukino wabereye kuri stade Ahmadou Ahidjo mu mujyi wa Yaoundé.

Niwo mukino wa mbere wa kimwe cya kabiri kuko uwundi uzakinwa kuri uyu wa kane maze hakamenyekana indi kipe igera ku mukino wa nyuma w'iki gikombe muri uyu mwaka.

Ni umukino wari wegeranye cyane mu gice cya mbere kuko nta kipe yifuzaga gutsindwa igitego. Burkina Faso yagombaga kwirinda cyane kuko yaje muri uyu mukino idahabwa amahirwe cyane nka Senegal.

Byasabye umunota wa 70' kugira ngo amazamu afungurwe ku gitego cya Senegal cyari gitsinzwe na Abdou Diallo nyuma yo guhabwa umupira na Kalidou Koulibaly.

Senegal kandi yabonye igitego cya kabiri nyuma y'akanya gato, kuko ku munota wa 76' Idrissa Gana Gueye yahise atsinda igitego ku mupira yari ahawe na Sadio Mane.

Burkina Faso nayo yarebye mu izamu ku munota wa 82' ku gitego cyatsinzwe na Ibrahim Blati Toure. Aha byaketswe ko bashobora kuba bagifite amahirwe muri uyu mukino.

Ariko kizigenza Sadio Mane yahise abihuhura atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 87' nyuma y'umupira yari ahawe na Ismaila Sarr.

Ikipe y'igihugu ya Senegal yahise igera ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika, ikaba itegereje kumenya iyo bazahura.

Ikipe y'igihugu ya Cameroon irakina na Egypt kuri uyu wa kane, ikipe itsinda niyo izahura na Senegal. Naho ikipe iratsindwa niyo izakina na Burkina Faso bashaka umwanya wa gatatu.

Umukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 06 Gashyantare 2022.

Senegal yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma

Sadio Mane yitwaye neza afasha ikipe ye ya Senegal

Burkina Faso izakinira umwanya wa gatatu