Urubanza rw’ubujurire rwa Jado Castar rwasubitswe

Urubanza rw’ubujurire rwa Jado Castar rwasubitswe

 Dec 6, 2021 - 13:13

Mu gihe urubanza rwa Bagirishya jean de Dieu rwari ruteganyijwe uyu munsi,byarangiye rusubitswe.

Bagirishya jean de Dieu uzwi cyane nka Jado Castar aherutse guhamwa n'icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.Ariko yahise ajurira asaba ko igifungo cy'imyaka ibiri yakatiwe cyasubikwa.

Kuri uyu wa mbere nibwo uru rubanza rw'ubujurire rwari kuba ariko byatunguranye ubwanditsi bw’urukiko buvuga ko urubanza rwa Jado Castar rutakibaye kuko inteko iruburanisha umwe mu Bacamanza atabonetse kubera akandi kazi yagiyemo.

Umwanditsi mukuru w'uru rukiko yatangaje ko uru rubanza ruzaba tariki 24 Ukuboza, 2021 saa mbiri za mu gitondo ubundi hakumvwa niba hari impamvu zifatika zatumye Bagirishya Jean de Dieu ajuririra ku myanzuro yari yafashwe.

Bagirishya jean de Dieu uzwi nka Jado Castar  ni Visi Perezida wa kabiri w’ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Volleyball (FRVB) akaba  amaze amezi ane afunzwe.

Me Jean Paul Ibambe na Me Beatrice Kamagaju nibo bunganira Bagirishya mu mategeko. Mu minsi ishize Me Kamagaju Beatrice yatangaje ko Jado Castar yajuriye atakambira Urukiko Rukuru asaba ko icyo gihano cyasubikwa.

Me Kamagaju yagize ati “Twajuriye kugira ngo dutakambire Urukiko Rukuru turebe ko Jado Castar yasubikirwa igihano aho gukora imyaka ibiri afunzwe, kuko byombi biteganywa n’amategeko.”

Me Kamagaju Beatrice yavuze ko usibye no gusubikirwa igihano amategeko ategenya ko ashobora no gutanga ihazabu ya Miliyoni 3Frw aho gufungwa.

Mu Ukwakira, 2021 Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Visi Perezida wa kabiri wa FRVB icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri.

Bagirishya yatawe muri yombi muri Nzeri, 2021 ahita aburanishwa mu mizi hatabayeho ko aburana ifunga n’ifungurwa by’agateganyo kuko yaburanye yemera icyaha anagisabira imbabazi.

Bagirishya jean de Dieu uzwi nka Jado Castar(Net-photo)