Iri sanganya ryabereye mu mujyi wa Malang mu ntara ya East Java muri Indonesia aho abantu 174 bapfuye, abandi ijana bagakomereka biturutse ku mvururu zabaye kuri sitade imwe yaho yitwa Kanjuruhan Stadium kuri uyu wa Gatandatu.
Police yo muri iyi ntara yatangaje ko abafana b'ikipe ya Arema FC biraye mu kibuga nyuma y'uko ikipe yabo yari imaze gutsindwa ibitego 3-2 na Persebaya Surabaya, mu mukino waberaga kuri Kanjuruhan stadium.
Abapolisi bagerageje guhosha izi mvururu bakoresheje ibyuka biryana mu maso, aribwo abafana bamwe bahise batangira kwihindira mu muryango(Gate) usohoka muri sitade bihuta kandi icyarimwe.
Police igerageza guhosha imvururu z'abafana (Image:AFP)
Haje kubaho ikibazo gikomeye cy'umubyigano byatumye bamwe bananirwa no guhumeka, abagera kuri 34 barimo abapolisi babiri bahita baburira ubuzima muri sitade.
Guverineri wungirije wa East Java witwa Emil Dardak yaganiriye na tereviziyo yitwa Kompas TV mu rukerera rwo kuri iki cyimweru, yemeza ko abapfuye ari 174 ndetse abandi 100 bakaba bakomeretse aho bari kwitabwaho mu bitaro umunani bitandukanye.
Dardak yagize ati:"Saa 9:30 umubare w'abapfuye wari 158, ariko ku isaha ya saa 10:30 bari bamaze kuba 174."
Amashusho yagiye akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana abafana ba Arema FC birara mu kivuga nyuma y'umukino bari bamaze gutsindwa na Persebaya Surabaya. Abapolisi bahita bakoresha ibyuka biryana mu maso ngo babatatanye, ndetse ayo mashusho yerekana abandi bataye ubwenge bateruwe n'abandi bafana.
Ifoto y"umufana wakomeretse ateruwe n'abandi bafana(Image:AFP)
Iyi sitade isanzwe yakira abantu ibihumbi 42, ndetse abashinzwe kugurisha amatike batangaje ko yose yari yaguzwe. Police kandi yatangaje ko abasaga ibihumbi bitatu bose binjiye mu kibuga nyuma y'uwo mukino. Hangijwe kandi imodoka zari hanze ya sitade, zirimo iza police eshanu.
Perezida wa shampiyona muri Indonesia witwa Joko Widodo yasabye ko habaho iperereza ku cyateye iki kibazo ndetse asaba ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru kuba shampiyona yaba isubitswe mpaka habonetse uburyo bwisumbuyeho bwo gucunga umutekano ku ma sitade.
Imodoka hanze ya sitade zatwitswe (Image:Putri)
Widodo yagize ati:"Mbabajwe cyane n'ibyabaye kandi ndizera ko ibi byaba aribyo bintu bibi bya nyuma bibaye mu mupira w'amaguru mu gihugu cyacu."
Aya makipe abiri asanzwe ari amakeba akomeye cyane muri Indonesia ku buryo umukino wayo usanzwe uteza ibibazo.
Minisitiri Mahfud MD we yatangaje ko abateguye uyu mukino birengagije inama bari bagiriwe mu rwego rwo kwirinda imvururu. Leta yari yatanze inama y'uko uyu mukino ukwiye kuba nimugoroba ariko bitari ninjoro ndetse no kugurisha amatike ibihumbi 38 aho kuba ibihumbi 42 nk'uko byakozwe.
Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku isi 'FIFA' naryo ryagize icyo rivuga kuri ibi aho ryatangaje ko ibyuka biryana mu maso bitagakwiye gukoreshwa n'abarinda umutekano kuri sitade, gusa police yo muri East Java ntacyo yigeze ivuga kuri ibi FIFA yatangaje.
