Niyo kipe ku isi idafite amafaranga ariko ikagura abakinnyi bose ishaka - Umutoza wa Bayern Munich avuga kuri FC Barcelona

Niyo kipe ku isi idafite amafaranga ariko ikagura abakinnyi bose ishaka - Umutoza wa Bayern Munich avuga kuri FC Barcelona

 Jul 20, 2022 - 04:58

Nyuma yo gusinyisha rutahizamu Robert Lewandowski ava muri Bayern Munich, Julian Negelsmann utoza Bayern Munich ntiyumva ukuntu Barcelona idafite amafaranga iri kugura abakinnyi beza.

Kuri uyu wa kabiri nibwo rutahizamu Robert Lewandowski w'imyaka 33 byemejwe ku mugaragaro ko ari umukinnyi mushya wa FC Barcelona, avuye muri Bayern Munich yari amazemo imyaka umunani.

Byari byabanje kuvugwa ko bigoye cyane ko FC Barcelona izabasha gusinyisha Robert Lewandowski kandi ifite ideni rirenga miliyari y'amayero.

Nyuma yo kubasha gusinyisha Robert Lewandowski ndetse no gusinyisha abandi bakinnyi beza barimo Raphinha, umutoza wa Bayern Munich Julian Negelsmann yibaza uko iyi kipe ibigenza kandi iri mu bukene bukabije.

Negelsmann avuga ko atazi uko Barca ibona abakinnyi nta mafaranga

Ngelsmann yagize ati:"Niyo kipe yonyine mu isi idafite amafaranga, ariko ikagura abakinnyi bose ishaka. Sinzi uko babigenza. Biratangaje cyane, ndetse birarenze."

Ubukungu bwa FC Barcelona ntibuhagaze neza, dore ko byabaye ingorabahizi kwandikisha Franck Kessie na Andreas Christensen iyi kipe yabonye muri iyi mpeshyi ku buntu nyuma yo gusoza amasezerano mu makipe yabo.

Muri uru rwego niho FC Barcelona iri kugerageza kurekura abakinnyi bayitwara byinshi ngo ibone uko yongeramo abandi bakinnyi ikeneye. Muri aba bakinnyi ishaka kurekura harimo Frenkie De Jong Barcelona ishaka kugurisha muri Manchester United, n'ubwo umukinnyi we adashaka kugenda.

Robert Lewandowski yatangiye imyitozo muri FC Barcelona