Hari ibintu bisaba utuntu duto ariko tudakorwa-Jimmy Gatete avuga ku Amavubi

Hari ibintu bisaba utuntu duto ariko tudakorwa-Jimmy Gatete avuga ku Amavubi

 Dec 4, 2021 - 11:27

Jimmy Gatete yatangaje ko akurikira Amavubi n'ubwo atari cyane.

Ni abanyarwanda benshi bibazaga aho uwahoze ari rutahizamu w'Amavubi Jimny Gatete aherereye.

Uyu rutahizamu w'Abanyarwanda aherutse kuganira na radio B&B FM-Umwezi atangaza byinshi ndetse abazwa ku ikipe y'igihugu.

Jimmy Gatete yabajijwe ibibazo byinshi harimo n'ikijyanye n'Amavubi yagiriyemo ibihe bitazasibama mu mitima y'abanyarwanda.

Jimmy Gatete yagiriye ibihe byiza mu Amavubi(Net-photo)

Gatete Jimmy yabajijwe n'umunyamakuru David Bayingana niba ajya yumva ashaka gukurikirana ikipe y'igihugu, avuga ko bijya bibaho ariko atari cyane. Yagize ati: "Ntabwo nkurikirana ijana ku ijana, ariko bicye mbona, utu videwo mbona, ndumva ntaranareba umukino wose.

Gusa bafite ikipe nziza, abana bakiri bato, ni uko atari umwanya mwiza twari kubiganira ku buryo bwimbitse ariko tuzashaka umwanya ikindi gihe umuntu abivugeho neza kuko kuri ubu ibintu udafite ijana ku ijana, kubisobanura neza bisaba umwanya".

Jimmy Gatete yakomeje agira ati "Gusa nta kintu kirenze navuga, icyo nabasaba bakomeze bahozeho, Federasiyo ikore ibyo igomba gukora. Hari ibintu mukunda kuvuga, hari ibintu bisaba utuntu duto ariko tudakorwa ukibaza impamvu bidakorwa ngo ibintu bikomeze bijye imbere ubundi umusaruro tuwubaze abakinnyi."

Jean Michel Gatete (Jimmy Gatete) yavukiye mu Burundi tariki 11 Ukuboza 1982 akaba yarakiniye amakipe arimo Mukura Victory Sport, APR FC, Maritzburg United, Police FC, Rayon Sports. Yashoje umupira w'amaguru mu mwaka wa 2010 akinira ikipe ya St George.

Yakiniye Amavubi kuva mu 2001 kugera mu 2009 ayikinira imikino 42 atsindamo ibitego 24.