Kuri uyu wa Kane nibwo ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball mu bagabo no mu bagore, yakoze urugendo yerekeza i Accra muri Ghana, aho bagiye gushaka itike y’imikino y’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, izabera i Birmingham mu Bwongereza kuva muri Nyakanga kugeza muri Kanama uyu mwaka.
Ikipe y’igihugu mu bagabo igizwe na Habanzitwari Fils na Gatsinzi Venuste, mu gihe Munezero Valentine na Mukandayisenga Benitha aribo bagize iy’abagore.
Uretse aba bakinnyi, ikipe y’igihugu kandi yajyanye n’umutoza mukuru ariwe Mudahinyuka Christopher ndetse n’umusifuzi mpuzamahanga Ntanteteri Vedaste.
Ikipe y’igihugu mu bagabo iheruka mu marushanwa yo gushaka itike y’imikino ya Olempike, aho batsinze icyiciro cya mbere cyari ku rwego rw’Akarere, yabereye muri Eritrea muri Mutarama 2020, ariko baza gusezererwa ku rwego rw’umugabane, amarushanwa yabereye muri Maroc 2021.
Ku ruhande rw’abagore iyi kipe iheruka mu mikino nayo yo gushaka itike y’imikino Olempike, aho nyuma yo kubona itike ku rwego rw’Akarere, imikino yabereye muri Tanzania, bahise berekeza ku rwego rw’umugabane ariko nabo ntibarenga muri Maroc.
Iyi mikino iteganyijwe kuva tairiki ya 25 ikazarangira ku ya 29 Werurwe 2022, ikaba izitabirwa n’ibihugu 12 bikoresha ururimi rw’Icyongereza bivuye ku mugabane wa Afurika.
Imikino ya Commonwealth izabera Birmingham mu Bwongereza kuva taliki ya 28 Nyakanga kujyeza tariki 18 Kanama 2022.
