Umuzamu wa Manchester United David De Gea yatangaje ko iyi kipe yavumwe

Umuzamu wa Manchester United David De Gea yatangaje ko iyi kipe yavumwe

 Feb 11, 2022 - 17:07

Mu gihe Manchester United iheruka igikombe cya shampiyona mu 2013, umuzamu wayo David De Gea aremeza ko iyi kipe yavumwe.

Umunya-Espagne David De Gea aremeza ko Manchester United yavumwe dore ko iyi kipe imaze igihe itazi uko igikombe gisa.

David De Gea yinjiye muri Manchester United mu bihe iyi kipe yari ikipe itwara ibikombe ariko ubu bikaba byaranze dore ko igiye kumara imyaka hafi itanu nta gikombe na kimwe itwara.

Uyu muzamu yari muri Manchester ubwo yatwaraga igikombe cya nyuma iheruka mu 2017, ubwo yatwaraga Europa league itozwa na Jose Mourinho.

N'ubwo iyi kipe yagiye ishora amafaranga menshi ndetse ikanahinduranya abatoza, ariko gutwara igikombe byo byaranze. Ndetse De Gea yibaza ukuntu iyi kipe irimo abakinnyi bakomeye itabasha gutsinda uko bikwiye.

David De Gea aganira na El Pais yagize ati:"Ndatekereza ko hari umuntu watuvumye cyangwa ikindi kintu. Ukuri nuko ntazi ibiri kuba, mu by'ukuri ntabyo nzi pe.

"Abantu buri gihe barabimbaza ubundi tukabiganiraho nk'abakinnyi dukinana ubundi tukavuga ko tutazi ikiri kujya mbere.

"Twagakwiye kuba twarahataniye ibikombe byinshi, ibikombe binini, ariko sinzi impamvu iyi kipe idakora neza."

Intego ya Manchester United muri uyu mwaka ni kureba ko yarangiza mu makipe ane ya mbere dore ko bigaragara ko gutwara igikombe byo bidashoboka.

Iyi kipe yakuwe mu gikombe cya Carabao hakiri kare ndetse iherutse kuva muri FA cup isezerewe na Middlesbrough kuri penariti byatumye ikizere cyo gutwara igikombe muri uyu mwaka gikendera.

Ikizere gicye gisigaye muri champions league dore ko bagomba gukina na Atletico Madrid ubwo iyi mikino iraba igarutse mu kwezi kwa gashyantare.

Manchester United imaze iminsi ititwara neza(Net-photo)

David De Gea atangaza ko abona Manchester United yaravumwe(Net-photo)