Ni icyumweru cyaranzwe n'ibikorwa bitandukanye muri siporo y'u Rwanda akenshi usanga yibanda ku mupira w'amaguru n'andi makuru aba avugwa mu yindi mikino. N'ubwo mu Rwanda nta mikino ya shampiyona yari ihari, hari amakuru agiye atandukanye nk'uko tugiye kunyura mu y'ingenzi yaranze icyi cyumweru.
1.Kwimikwa no kwegura k'umutoza w'Amavubi
Mu gihe abanyarwanda muri rusange bari bamaze iminsi bategereje kumenya umutoza mushya w'ikipe y'igihugu Amavubi, Ku wa kabiri tariki 29 Werurwe 2022 nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda ryemeje ko umunya-Espagne w'imyaka 47 Carlos Allós Ferrer ariwe mutoza w'Amavubi.
Uyu ntiyari mu bo abanyarwanda bahurizagaho ku rutonde rwari rwatangajwe mbere na FERWAFA ivuga ko ari abatoza bifuza gutoza ikipe g'igihugu Amavubi, dore ko hariho amazina akomeye nka Allain Giresse na Stephane Constantine wanyuze mu Rwanda akerekana ko ari umutoza w'umuhanga.
Ibi nibyo byatumye abanyarwanda hirya no hino bagaragaza ko batishimiye uyu mutoza wasinyishijwe umwaka umwe, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga no ku bitangazamakuru bitandukanye mu biganiro by'imikino.
Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 01 Mata 2022 inkuru yanditswe n'ikinyamakuru The New Times yaciye ibintu hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga abanyarwanda bibaza igitumye uyu mutoza w'Amavubi yegura.
Iyi nkuru yavugaga ko nyuma y'iminsi mike umutoza Carlas Allós Ferrer agizwe umutoza w'Amavubi yahisemo guhita yegura. Abenshi babihuje n'uburyo ahantu hose ikigero kinini cy'abanyarwanda batumva impamvu ariwe FERWAFA yahisemo, ariko ku musozo w'inkuru hari handitse ngo "Happy April fools' day".
Nuko abasomye neza inkuru bahita bibuka ko ari wa munsi abenshi bavuga ko wahariwe kubeshya wageze no muri siporo, ariko inkuru yo yari yabaye kimomo.
2.Igikombe cy'Amahoro
Ku wa kane tariki 30 Werurwe 2022 nibwo hakinwe imikino yo kwishyura mu ijonjora ry'ibanze ry'igikombe cy'amahoro ubundi hamenyekana amakipe ikenda akomeza muri 1/8 ariyo Bugesera FC, Musanze FC, Marine FC, Amagaju FC, Etincelles, Etoile de L'Est, Gasogi United, La Jeunesse na Gicumbi FC.
Tombora yabaye ku wa gatanu tariki 01 Mata 2022 yasize yerekanye uko amakipe azahura muri 1/8. Ni ya makipe ikenda yazamutse mu ijonjora ry'ibanze, yinyongereye ku yandi makipe arindwi yitwaye neza mu bikombe bibiri by'amahoro biheruka(2018 na 2019) atarakinnye iryo jonjora ry'ibanze.
Uko tombora yagenze:
1.Musanze FC Vs Rayon Sports
2.Etincelles Vs AS Kigali
3.Etoile de L'Est Vs Mukura Victory Sports
4.Marine FC Vs Kiyovu Sports
5.Amagaju FC Vs APR FC
6.La jeunesse Vs Police FC
7.Gasogi United Vs Sun rise
8.Gicumbi FC Vs Bugesera FC
Tariki ya 04 na 05 Mata 2022 nibwo hateganyijwe imikino ibanza ya 1/8 mu gikombe cy'amahoro, ubwo bivuze ko ari kuri uyu wa mbere no ku wa kabiri.
3.Amatora y'abayobozi mu Ijabo ryawe Rwanda
Sheikh Habimana Hamdan wari usanzwe ari Perezida w’Ihuriro ry’Amarerero yigisha Abana gukina Umupira w’Amaguru “Ijabo Ryawe Rwanda”, yongeye gutorerwa kuriyobora mu myaka itanu iri imbere nyuma yo kugirirwa icyizere ku bwiganze bw’amajwi 100% mu matora yabaye ku wa Gatanu, tariki ya 1 Mata 2022.
Sheikh Habimana wari umukandida rukumbi, yari yatanze urutonde rwa 18 bazakorana mu myanya itandukanye ndetse bagiriwe icyizere ubwo uyu mugabo yatorwaga ku bwiganze bw’amajwi 100%.
Abanyamuryango 125 ni bo bitabiriye Inteko Rusange yabereyemo amatora muri Kigali Convention Centre. Babanje kugaragarizwa ibikorwa byagezweho na Komite yayoboraga kuva mu 2017 no guhindura zimwe mu ngingo z’amategeko shingiro kugira ngo ajyane n’amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) na gahunda zo guteza imbere umupira mu bakiri bato.
4.Hatangijwe shampiyona y'abatarengeje imyaka 17
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu kibera mu karere ka Nyagatare. Amakipe 200 niyo yiyandikishije azitabira iri ryshanwa, ndetse akaba yaranatangiye gukina mu turere dutandukanye aherereyemo.
Imikino yabereye mu Karere ka Nyagatare, ikipe ya Nyagatare yatsinze Katabagemu ibitego 2-1, Rwimiyaga itsinda Nyagashanga.
Iyi mikino iteganyijwe kuzarangira muri Nzeri uyu mwaka, yitabiriwe n'amakipe y'amashuri, amarerero yigenga ndetse n'amakipe mato y'amakipe akina ikiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo n'abagore.
5.KNC akomeza guhahamura abafana ba Kiyovu Sports
Nk'uko KNC asanzwe azwi nk'umuntu ushyushya umukino cyane ukajya kuba abantu bumva ufite imbaraga cyane, ibi yabitangiye habura ibyumweru bibiri ngo shampiyona igaruke.
KNC yongeye gutizwa amatwi na benshi yumvikana avuga ko umukino uzahuza ikipe ye ya Gasogi United na Kiyovu Sports ubwo shampiyona izaba isubukuwe bagomba kuwutsinda nta gisibya, ndetse akoresha amagambo akomeye avuga ko Kiyovu Sports bazayicucuma.
Yagize ati:"Nta bucuti dufitanye na Kiyovu Sports nta nabwo, nta bundi buryo twakihimura kuri Kiyovu usibye kuyicucumira mu kibuga. Ubujurire buzabera mu kibuga tariki 15 ku wa gatanu mu tagatifu.
"Kiyovu Sports itwaye igikombe ari uko yatsinze uriya mukino, izo nkovu ntizazamva ku mutima. Amateka ni ikintu gikomeye kandi azagumya kwizirika mu ijosi rya Kiyovu kugeza igihe Yesu azagenera."
6.Gupima Covid-19 abakinnyi mbere y'umukino byakuweho
Mu ibaruwa ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ryandikiye amakipe ku wa kane tariki 31 Werurwe 2022, ryabamenyesheje ko bitakiri ngombwa ko ikipe ipimisha abakinnyi bayo mbere y'umukino. Amakipe yose yapimishaga abakinnyi bayo n'abandi bakozi bayo Covid-19 mbere y'umukino
FERWAFA itangaza ko nyuma y'ibiganiro bagiranye n'ikigo cy'igihugu cy'ubuzima RBC basanze bitakiri ngombwa ko amakipe yazajya apimwa mbere y'umukino ahubwo bakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19. FERWAFA yatangaje ko kandi abagize ikipe (abakinnyi, abatoza, n'abayobora amakipe) bagomba kuba barakingiwe Covid-19 mu buryo bwuzuye.
Si mu Rwanda gusa kandi kuko muri iki cyumweru amakuru ya siporo yari ahari mu bikorwa bitandukanye bya siporo haba muri Afurika, ndetse no ku isi hose.
7.Amakuru y'igikombe cy'isi
Muri iki cyumweru nibwo hamenyekanye amakipe 29 muri 32 azitabira igikombe cy'isi kizabera muri Qatar muri uyu mwaka wa 2022. Andi makipe atatu ntiyabonekeye igihe bitewe n'impamvu zitandukanye. Nko ku mugabane w'uburayi Wales izisobanura n'ikipe izatsinda umukino uzahuza Ukraine na Scotland utarabereye igihe kubera ibibazo biri muri Ukraine.
Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 31 arimo atanu yo ku Mugabane wa Afurika ariyo Senegal ifite igikombe cy'Afurika giheruka, Cameroon, Tunisia, Morocco na Ghana.
Tombora y'igikombe cy'isi yabereye i Doha muri Qatar ku wa Gatanu yasize yerekanye uko amakipe azahurira mu matsinda umunani ubwo iki gikombe kizaba gitangiye mu Ugushyingo 2022.
Uko amatsinda y'igikombe cy'isi ateye
Kuri uyu munsi kandi ni nabwo hasohowe indirimbo izakoreshwa muri iki gikombe cy'isi yitwa Hayya Hayya, ikaba inagaragaramo umunyafurika ariwe Davido ukomoka muri Nigeria ari kumwe n'umuhanzi w’umunya-Amerika Trinidad Cardona uririmba injyana ya Pop, ndetse n’umuhanzikazi wo mu gihugu cya Qatar witwa Aisha.
8.Ibisigisigi by'imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'isi muri Afurika
Ubwo iyi mikino itanu yari irangiye hakurikiyeho inkuru zitandukanye ku bibuga hirya no hino muri Afurika, ariko iyaciye abantu ururondogoro ni muri Nigeria aho ikipe y'igihugu yabo yari imaze gusezererwa na Ghana bagateza imvururu bikarangira n'umukozi wa FIFA ahasize ubuzima.
Ubwo Umusifuzi yari amaze gusifura ko umukino urangiye abafana bahise bajya mu kibuga bateza akavuyo basenya buri kimwe ndetse ari nako bakubita ibyapa byari aho muri stade ya Abuja National Stadium yakira abantu ibihumbi 60.
Nyuma amakuru yasohotse avuga ko byarangiye umunya-Zambiya akaba umukozi wa FIFA ushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri ruhago, Dr Joseph Kabungo, yahasize ubuzima aho yari mu kazi i Abuja muri uyu mukino w’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi muri Qatar, hagati ya Nigeria na Ghana.
Ku rundi ruhande ishyiramwe ry'umupira w'amaguru muri Misiri naryo ritanga ikirego muri FIFA nyuma yo gusezererwa na Senegal, bavuga ko bamuritswe amatoroshi y'icyatsi mu maso(laser) byabaviriyemo kurata za penariti, ndetse banakorewe irondaruhu.
Nyuma y'uyu mukino FA yo muri Misiri bagize bati:"Ikipe y'igihugu yakorewe irondaruhu mu bimenyetso bitandukanye byavaga mu bafana bigana ku bakinnyi ba Misiri muri rusange, by'umwihariko Mohamed Salah."
FIFA nayo yatangaje ko igiye kubanza kwiga kuri raporo z'umukino ikabona kureba izindi ntambwe, ubwo abanya-Misiri bakaba bakirindiriye kureba ikizaba mu myanzuro ya FIFA.
Ibindi byakurikiye iyi mikino kandi ni nk'aho Kwihangana byananiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Misiri rigahita rifata umwanzuro wo gusezerera umutoza Carlos Queiroz wageze muri iyi kipe mu 2021, ndetse no muri Mali umutoza Mohamed Magassouba akaza kwirukanwa.
9.Bruno Fernandes yasinye amasezerano mashya
Kuri uyu wa Gatanu nibwo byemejwe ko umunya-Portugal Bruno Fernandes yasinye amasezerano muri Manchester United azageza mu 2026 ndetse akaba ashobora kongerwaho umwaka, akaba azajya ahembwa ibihumbi 250 by'amapawundi.
Bruno Fernandes ni umwe mu batwaye Manchester United kuva yayigeramo muri Mutarama 2020, dore ko amaze kuyikinira imikino 117 akaba amaze gutsindamo ibitego 49, anatanga imipira 39 yavuyemo ibitego.
10.Bayern Munich yashyize abakinnyi 12 mu kibuga
Ni umukino wa Bundesliga wabaye kuri uyu wa Gatandatu aho Bayern Munich yari yasuye Freiburg ku kibuga Europa-park Stadion, ikayihatsindira ibitego 4-1.
Agashya kaje kuba muri uyu mukino nuko iyi kipe ya Bayern Munich yaje kumara amasegonda asaga ikenda ifite abakinnyi 12 mu kibuga, abantu bibaza uko byagenze birayoberana.
Aha icyabaye nuko ku munota wa 85 w'umukino, umutoza wa Bayern Munich Julian Negelsmann yafashe umwanzuro wo gukora impinduka agashyiramo Niklas Sule na Marcel Sabitzer waje no gutsinda igitego.
Ariko aho kugira ngo havemo abakinnyi babiri, havuyemo umukinnyi umwe ariwe Corentin Tolisso mu gihe Kingsley Coman yagumye mu kibuga nyuma y'uko herekanwe nimero 29 kandi yambara nimero 11. Mu kanya gato umukino ukomeje abo mu ikipe ya Freiburg baje kubivumbura babwira umusifuzi guhagarika umukino babanza kureba uko bimeze.
