Benjamin Mendy ni mufaransa w'imyaka 27 ndetse akaba myugariro wa Manchester City yo mu Bwongereza yagezemo mu 2017.
Uyu musore ukina inyuma ku ruhande rw'ibumoso akomeje gushinjwa uruhererekane rw'ibyaha byo gafata ku ngufu ariko hakaba hiyongereyeho undi mugore.
Ibi byaje kuwa Gatatu ubwo Benjamin Mendy yagombaga kugaragara mu rukiko rwa Chester Crown yumva ibijyanye n'urubanza rwe ruzakomeza mu mwaka utaha.
Nibwo hagaragaye undi mugore wavugaga ko nawe yafashwe ku ngufu ndetse akavuga ko ibi byaba byarabaye muri Nyakanga 2021.
Ubu Benjamin Mendy arashinjwa ibyaha umunani yakoreye abagore batanu batandukanye harimo ibyaha birindwi bijyanye no gufata ku ngufu abagore bane batandukanye.
Benjamin Mendy ashinjwa ibyaha bitatu byo gufata ku ngufu byaba byabaye tariki 11 Ukwakira 2020, icyaha cyo gukorakora yaba yarakoze tariki 2 Mutarama 2021, ikindi cyaha cyo gufata ku ngufu cyaba cyarabaye tariki 24 Nyakanga 2021 n'ibindi byaha bibiri byo gufata ku ngufu byaba byarabaye tariki 23 Kanama 2021.
Byari byasabwe ko urubanza rwe rwaba tariki 24 Mutarama ariko bisa n'aho uru rubanza rushobora kuba tariki 27 Kamena 2021 cyangwa tariki 1 Kanama 2021.
Nta mugore n'umwe mu barega Benjamin Mendy wigeze agaragazwa ngo hamenyekane umwirondoro we.
IZINDI NKURU WASOMA:
- Robert Lewandowski yisubiyeho ku magambo ashaririye yavuze kuri Lionel Messi
-
Umu-agent wa Erling Haaland, Mino Raiola yavuze ku makuru ajyana uyu musore muri Manchester United
-
Willian yashyize hanze akababaro yagiriye mu ikipe ya Arsenal
Benjamin Mendy yageze muri Manchester City muri 2017 ubwo yari amaze kugurwa miliyoni 52 z'amapawundi ava mu ikipe ya AS Monaco yo mu Bufaransa.
Manchester City yabaye imuhagaritse kuva yatangira kuregwa ibi byaha kugeza igihe ibye bizaba bisobanutse.
Ibirego biregwa Benjamin Mendy bikomeje kwiyongera(Image:Sky sports)
Manchester City yahagaritse Benjamin Mendy(Image:Al Jazeera)
