Mu gihe Manchester United iri kugana mu bihe byo guhitamo umutoza uzayitoza guhera mu mwaka utaha w'imikino, biragaragara ko Erik Ten Hag yaba yagiye imbere y'abandi bose batekerezwa n'iyi kipe barimo na Mauricio Pochettino.
Nk'uko ikinyamakuru Daily mail kibitangaza, Erik Ten Hag yaganiriye na Manchester United muri iki cyumweru ndetse ibiganiro byabo byagenze neza ku buryo ariwe uhabwa amahirwe menshi cyane yo guhabwa iyi kipe ifitwe n'umudage Ralf Rangnick kugeza uyu mwaka w'imikino urangiye.
Ibi bije nyuma y'uko Erik Ten Hag w'imyaka 52 kandi yaganirijwe n'ikipe ya Tottenham ubwo yari imaze kwirukana Jose Mourinho, ndetse yongera kuganirizwa na Newcastle United ubwo yari imaze gufatwa n'abanya-Saudi Arabia ariko aya makipe yose yagiye ayahakanira.
Gusa n'ubwo Erik Ten Hag ahabwa amahirwe menshi haracyari n'abandi bakiri kurebwaho barimo Mauricio Pochettino, Luis Enrique na Julian Lopetegui bakiri kurebwaho n'abayobowe n'umuyobozi w'imikino John Murthough na Darren Fretcher ushinzwe ibya tekiniki.
Mu gihe Manchester United yaba ifashe umwanzuro kuzana Erik Ten Hag irasazwa miliyoni enye z'amapawundi izatanga muri Ajax, bitewe n'uko uyu mugabo yari agifiteyo amasezerano.
Erik Ten Hag yazamuye izina rye cyane ku mugabane w'Uburayi mu myaka itanu amaze muri Ajax, aho yubatse ikipe ishingira umukino wayo ku kwataka no kwiharira umupira cyane anatwara ibikombe bitanu muri iyo myaka ine.
Ten Hag yatwaye ibikombe bitanu muri Ajax Amsterdam(Net-photo)
