Barcelona mu myaka ishize yari ifite ibibazo by'ubukungu byanatumye ihitamo uburyo bwo gutira abakinnyi kuruta kubagura, ndetse no kuzamura abo muri La Masia.
Amakuru yagiye yemeza ko iyi kipe yamaze kugera ku rwego rw'ubukungu bwo kugurisha umukinnyi umwe bakinjiza undi (1:1rule), gusa ibi byahakanwe n'umuyobozi wa La Liga Javier Tebas.
Ikipe ya Athletic Club iri gutabaza La Liga mu gihe Barcelona iri kwifuza umukinnyi wayo Nico Williams ndetse amakuru aheruka avuga ko Barcelona yiteguye kwishyura release clause ye ingana na miliyoni €60.
Perezida wa Barcelona, Joan Laporta yagize ati “Kuki Athletic Bilbao yavugana na La Liga ku byacu? Buri kipe ikwiye kwita ku byayo.”
Nico Williams yamaze kubwira Barcelona ko ashaka kuza mu byumweru bibiri bishize, mu cyumweru kimwe yemeranyije na Barcelona ibimureba byose, mu gihe muri iki cyumweru yabwiye Athletic Club ko yifuza kujya muri Barcelona.
Perezida Joan Laporta kuva yagera muri Barcelona yazahuye ubukungu bwayo
Nico Williams wa Athletic Club arifuzwa cyane na Barcelona
