Bahengereye amereye nabi FC Barcelona baramucucura

Bahengereye amereye nabi FC Barcelona baramucucura

 Sep 14, 2022 - 07:11

Benengango binjiye mu rugo rwa Thomas Muller ubwo yari mu mukino batsinzemo FC Barcelona, binjira mu rugo rwe bamwiba ibirimo amafaranga n'ibindi by'agaciro.

Mu ijoro ryakeye nibwo urugo rwa Thomas Muller ruherereye mu gace ka Wettlkam mu majyepfo ya Munich rwinjiriwe n'abajura bamwibye, mu gihe we yari ahugiye mu mukino Bayern Munich akinira yatsindaga FC Barcelona 2-0.

Nk'uko bitangazwa n'ikinyamakuru Bild cyo mu Budage, Police yemeje ko hibwe amafaranga, imirimbo ihenze, ndetse n'ibindi bikoresho bihenze mu rugo.

Amakuru yatanzwe avuga ko nta bakekwa baba bagize uruhare muri ubwo bujura, ariko iperereza rirakomeje ngo hamenyekane ababikoze.

Thomas Muller yibwe ubwo yari mu mukino batsinzemo FC Barcelona

Thomas Muller wari wagize isabukuru y'imyaka 33 yari yitezweho kwishimana na bagenzi be nyuma yo gutsinda, ndetse akaganira n'itangazamakuru ariko yahise ava ku kibuga ataha yihuta cyane.

Wari umukino w'umunsi wa kabiri mu itsinda C aho Bayern Munich yari yakiriye FC Barcelona yari yaje iyobowe na rutahizamu Robert Lewandowski wakiniye Bayern Munich imyaka isaga ikenda.

Ibitego bibiri byatsinzwe na Leroy Sane na Lucas Hernandes ku busa bwa FC Barcelona, nibyo byatumye Bayern Munich itahana intsinzi n'amanota atatu ikomeza kuyobora itsinda nta cyugazi.