Kuri uyu wa mbere nibwo Gabriel Jesus yerekanwe nk'umukinnyi mushya wa Arsenal aguzwe miliyoni 45 z'amapawundi, akaba yahise anasinya amasezerano y'imyaka itanu.
Ni umusore watangiye kuvugwa muri Arsenal kuva muri Mata nyuma y'uko byagaragaraga ko Manchester City yari igiye kugura abandi ba rutahizamu babiri aribo Julian Alvarez na Erling Haaland.
Mu myaka itandatu Gabriel Jesus yari amaze muri Manchester City yatwayemo ibikombe bine bya Premier league, Carabao eshatu ndetse na FA cup imwe.
Uyu musore kandi yatsinze ibitego 95 mu mikino 236 aho yakunze kuba amahitamo ya kabiri nyuma ya Serio Aguero, ndetse akanakoreshwa nk'umukinnyi wo ku ruhande.
Akihagera Gabriel Jesus yagize ati:"Ndi nimero 9! Ndi rutahizamu, murabizi.
"Ndishimye ndetse nshimira Imana buri munsi ko nkihumeka, kandi nkaba nshobora gukina mu myanya itatu cyangwa ine ariko ntekereza ko umwanya wange ari nimero 9."
Gabriel Jesus yibukije Arteta ko umwanya we ari nimero 9
Ubu butumwa bwarebaga ahanini umutoza wa Arsenal Mikel Arteta, dore ko bivugwa ko kimwe mu byababaje Gabriel Jesus muri Manchester City harimo no gukinishwa ku ruhande.
Ni inkuru nziza ku bafana ba Arsenal nyuma y'uko iyi kipe itakaje ba rutahizamu babiri mu mwaka umwe, yaba Aubameyang wagiye muri FC Barcelona ndetse na Lacazette wasubiye muri Lyon.
Mu mwaka ushize w'imikino Arsenal yagize ikibazo cyo kubura ibitego bitrutse kuri ba rutahizamu bayo bayikoroze, biba ngombwa ko ishakira ibitego mu bakinnyi bo hagati nka Emile Smith-Rowe na Martin Odegaard ndetse na Bukayo Saka uca ku ruhande.
Arsenal ikomeje kwiyubaka aho intego ya mbere ai kugaruka mu mikino ya UEFA Champipns league, aho mu mwaka ushize yatwawe itike na Tottenham ku munota wa nyuma.
