P Diddy yagarutse mu kirego cy'urupfu rwa Tupac Shakur

P Diddy yagarutse mu kirego cy'urupfu rwa Tupac Shakur

 Jul 25, 2024 - 11:33

Umuraperi P Diddy ukomeje guhura n'uruhuri rw'ibirego ashinjwa guhohotera abagore n'abakobwa, yongeye gushinjwa kugira uruhare mu rupfu rw'umuraperi Tupac Shakur aho ashinjwa kwishyura abamwivuganye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru U.S Sun gifite kopi nshya y'iki kirego, avuga ko P Diddy nawe yatangiye gushinjwa kugira uruhare mu rupfu rw'umuraperi Tupac Shakur witabye Imana mu mwaka wa 1996 yishwe n'abantu bataramenyekana.

Muri iki kirego P Diddy yashinjwe n'umwe mu batawe muri yombi umwaka washize akurikiranyweho kuba ari we wivuganye Tupac Shakur witwa 'Keef Davis', aho yavuze ko P Diddy yishyuye miliyoni imwe y'amadorali, ni ukuvuga asaga miliyari y'amafaranga y'u Rwanda ngo bice Tupac.

Mu kiganiro kihariye uyu Davis yagiranye na Police, ubwo yabazwaga niba P Diddy yaba yarabigizemo uruhare, yabahamirije ko arufitemo kuko ari we wishyuye ayo mafaranga ku bantu 46 byagombaga kwica Tupac Shakur.

Si ibyo gusa kuko P Diddy yabasezeranyije ko nibaramuka babishyize mu bikorwa azabaha buri kimwe cyose.

Yakomeje avuga ko ibi P Diddy yabikoze kubera ubwoba yari afitiye Tupac buturuka ku bibazo bari bafitanye cyane ko Tupac yari amaze iminsi aashyize hanze indirimbo imwibasira.

Yagize ati "Yego, ndatekereza yarabikoze."