Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yahaye ubutumwa abaturage b' i Musanze  

Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yahaye ubutumwa abaturage b' i Musanze  

 Apr 8, 2025 - 18:18

Ubwo Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yari amaze kwifatanya n'abaturage bo mu murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabahaye ubutumwa bwibanda kuri gahunda ya ndi Umunyarwanda no guharanira ko ibyabaye bitazongera kuba.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yabwiye abitabiriye igikorwa cyo Kwibuka kunshuro ya 31 mu Murenge wa Busogo ko ubuhamya bwatanzwe n’ikiganiro cya Minubumwe bigaragaza ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe, bishingiye ku ngengabitekerezo yayo yigishijwe guhera mu mashuri.

Yashimangiye ubutumwa bw’icyizere Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, akunze guha Abanyarwanda ko ‘Nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda’.

Abaturage b'i Musanze bahawe ubutumwa na Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari inshingano na leta ifite kandi bizakomeza.

Yavuze ko ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda ari amahitamo adakuka kuko ari yo azageza igihugu aheza abagituye bahisemo.

Dr Edouard Ngirente yunze mu rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame