Umuhanzi Koffi Olomide nyuma yo kwerekwa urukundo rudasanzwe n’abafana be bo muri Kenya, uyu munyabigwi mu njyana ya Rhumba, kuva ku munsi wa mbere bamwakira kugeza ku munsi nyirizina w’igitaramo.
Koffi Olomide yashimiye abafana be bo muri Kenya
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Koffi Olomide yashyizeho amashusho magufi ashimira abafana be, aho yavuze ko atabona amagambo yasobanura urukundo bamweretse by’umwihariko mu gihe cy’amasaha abiri n’iminota 35 yamaze ku rubyiniro.
Olomide yavuze ko abafana be bongeye gutuma yigirira ikizere nyuma y’imyaka itandatu adakozw ikirenge muri iki gihugu.
Koffi Olomide yishimiye uburyo abafana be bitabiriye igitaramo cye
Yagize ati:”Bafana banjye, muryango wanjye, baturage ba Kenya, bakundwa, mbere yuko mva muri Nairobi, ndashaka kubashimira, ndetse ndifuza ko mwakira amashimwe yanjye avuye ku mutima, ku bw’ubwitabire budasanzwe mwagaragaje mu gitaramo cyanjye nyuma y’imyaka itanu. Mwatumye nongera kwiyumva nk’umugabo wishimye.”
Igitaramo cya Koffi Olomide, cyari kiswe Peace Concert, ndetse cyari cyateguwe na Radio Africa.
