Davido yongeye gukora mu bwonko Abanya-Nigeria

Davido yongeye gukora mu bwonko Abanya-Nigeria

 Dec 5, 2024 - 14:01

Nyuma y'uko umuhanzi Davido yari amaze iminsi aterwa amabuye ku mbuga nkoranyambaga ashinjwa gusebya igihugu, yongeye kubakora mu bwonko anega imiyoborere yaho.

Mu minsi ishize nibwo Davido yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga ubwo yavugaga ko ubukungu bwo muri Nigeria budahagaze neza muri iyi minsi.

Ibi yabivuze aburira Abanya-Nigeria batuye muri Amerika ariko bakaba bifuza kugaruka guturayo, aho yababuriye ababwira ko ari ibintu badakwiye guhubukira.

Ibi byatumye abantu bamutera imijugujugu ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ibyo yakoze ari ugusebya igihugu cyamugize uwo ari we kuri uyu munsi, ndetse bamusaba ko yasubira mu itangazamakuru guhinyuza ibyo yavuze.

Icyakora aho gusubira mu itangazamakuru ngo ahinyuze ibyo yavuze, Davido yongeye kubakora mu bwonko avuga ko nta Demokarasi ibayo.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro 'Morning Hustle', aho yavugaga ko yari yatoye Kamala Harris ko ari we wazayobora Amerika ariko bikarangira ari Donald Trump utsinze amatora.

Yavuze ko nubwo uwo yari yatoye atari we watsinze, ariko yashimiye Trump ku bw'intsinzi ye kuko yizera ko muri Amerika hariyo Demokarasi ndetse akaba ari cyo kintu akundira Amerika.

Ati "Icyo nkundira Amerika ni uko hari Demokarasi ya nyayo. Aho nturuka muri Nigeria, ntabwo ariko bimeze."