Umukinnyi ufite ijisho rimwe ari kuvugisha benshi muri Club World Cup

Umukinnyi ufite ijisho rimwe ari kuvugisha benshi muri Club World Cup

 Jun 21, 2025 - 14:32

Umunya-Côte d'Ivoire, Georgi Minoungou, yanditse amateka mu gikombe cy'Isi cy'Amakipe(Club World Cup) ndetse no mu mupira w'amaguru muri rusange kubera ubumuga bw'ijisho afite ariko akaba aconga ruhago kakahava.

Uyu musore w'imyaka 22 akinira ikipe ya Seattle Sounders FC yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikaba imwe mu makipe ari gukina igikombe cy'Isi cy'Amakipe kiri kuhabera kuva tariki ya 15 Kamena 2025.

Mu mwaka wa 2023, nibwo uyu musore yagize ikibazo cya Infection mu ijisho rye rw'i bumoso, ibyaje kuvamo ko rihuma burundu icyo gihe yabarizwaga mu ikipe ya Tacoma Defiance.

Nk'uko abyemeza bikanagaragarira amaso ya buri umwe, ntiyigeze acika intege kubera icyo kibazo yari agize.

Kuri ubu Georgi Minoungou ni umwe mu bakinnyi b'ingenzi mu ikipe ye , ndetse ari mu bakinnyi bari gufasha Seattle Sounders FC mu gikombe cy'Isi nubwo badahagaze neza mu itsinda.

Mu itsinda bari kumwe na Atlético Madrid, Botafogo ndetse na Paris Saint Germain, bamaze gukina imikino ibiri basigaje umwe bazakina tariki 23 Kamena 2025 na Paris Saint Germain.

 Georgi Minoungou ntarakinira umukino numwe ikipe nkuru ya Côte d'Ivoire cyakoze yakiniye iy'bato batarengeje imyaka 23.

Ijisho rye rimwe yaritaje mu mwaka wa 2023 kubera infection

Georgi Minoungou ni umwe mu bari gufasha Seattle Sounders FC