UCL:Akaburiye i Santiago Bernabéu kazabonekera i Etihad Stadium

UCL:Akaburiye i Santiago Bernabéu kazabonekera i Etihad Stadium

 May 9, 2023 - 17:39

Ikipe ya Real Madrid yaguye miswi na Manchester City mu mukino ubanza wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League, amakipe yombi asigaranye umukino umwe wo kwishakamo ikipe ikomeza.

Ni umukino watangiye ku isaha ya saa 21:00 kuri sitade ya Real Madrid ariyo yitwa Santiago Bernabéu, aho iyi kipe yari yakiriye Manchester City mu mukino ubanza wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League.

Aya makipe yaherukaga mu mwaka ushize w'imikino aho nabwo bari muri kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League, Real Madrid ikaza kwegukana itsinzi kubera ibitego byo mu minota ibiri ya nyuma yatumye hongerwaho 30, Real Madrid igatahana intsinzi.

Kuri iyi nshuro bisa nk'aho Manchester City yongeye kubona amahirwe yo kuba yakwihorera kuri aba bami ba Champions League, nayo ikareba ko yakomeza ikakegukana ku nshuro yayo ya mbere mu mateka yayo.

Umukino watangiye ikipe ya Manchester City yiharira umupira cyane nk'uko byari byitezwe na benshi, mu gihe Real Madrid nayo yari yasubiye inyuma ngo izibire izamu ryayo neza ntiyinjizwe igitego.

Muri uko kuryoherwa no kwataka, nibwo kh munota wa 36 Eduardo Camavinga yazamukanye umupira awugeza hafi y'urubuga rw'amahina rwa Manchester City, awuhereza Vinicius Junior wawutereye kure ahita atsinda igitego cya Real Madrid.

Real Madrid niyo yafunguye amazamu

Manchester City yakomeje kwiharira umupira ishaka igitego cyo kwishyura mbere y'uko bajya kuruhuka, ndetse na Real Madrid ikanyuzamo ikataka ku mipira yazamukanaga yihuta ariko bagiye kuruhuka nta kindi gitego kibonetse.

Mu gice cya kabiri Manchester City yaje yahinduye umuvuno ubundi ireka ikipe ya Real Madrid ihererekanya umupira cyane, ahubwo nayo itangira kujya yataka ikoresheje kuzamukana umupira bihuta cyane.

Ku munota wa 67 ibi byaje gutanga umusaruro ubwo abasore ba Manchester City bazamukanye umupira bihuta maze Ilkay Gundogan akawuterekera Kevin De Bruyne warekuye ishoti rya kure, maze Manchester City ibona igitego cyo kwishyura.

Amakipe yombi yakomeje kwatakana ashaka igitego cya kabiri kuri buri umwe ariko ubwugarizi bugenda bwitwara neza, birangira amakipr yombi aguye miswi anganya igitego kimwr kuri kimwe.

Ku wa Gatatu w'icyumweru gitaha, tariki 16 Gicurasi 2023 nibwo umukino wo kwishyura uzabera mu Bwongereza kuri Etihad Stadium aho ikipe izakomeza ku mukino wa nyuma izahura n'izatambuka hagati ya Inter Milan na AC Milan.

Ni mu gihe kandi kuri uyu wa Gatatu saa 21:00 San Siro, Inter Milan na AC Milan ziza gutana mu mitwe mu mukino ubanza wa kimwe cya kabiri wa UEFA Champions League.

Igitego cya De Bruyne cyagaruriye Manchester City ikizere