Cristiano Ronaldo yafashije Manchester United kugarika amakipe yose akomeye ku isi

Cristiano Ronaldo yafashije Manchester United kugarika amakipe yose akomeye ku isi

 Jan 10, 2022 - 09:34

Ikipe ya Manchester United iyoboye urutonde rw'amakipe 10 yishimiwe ku mbuga nkoranyambaga mu mwaka wa 2021.

Muri iyi Si y'ikoranabuhanga, ubuzima bwa muntu bugenda buhinduka ari nako atera imbere umunsi ku munsi, ibi bituma umuntu abaho ubuzima butandukanye n'ubw'ibisekuru byatambutse.

Uko iryo terambere ryagiye rizanuka ni nako haziyemo ikindi gice gikunze gukoreshwa muri iyi minsi cya murandasi ari naho dusanga imbuga nkoranyambaga.

Amakipe y'umupira w'amaguru nayo ntiyatanzwe kuko amakipe akomeye akoresha izo mbuga nkoranyambaga ku buryo buziguye.

Ibi bifasha abafana bayo kubona amakuru ku buryo bworoshye kandi bwihuse bigatuma bakomeza kwiyumvamo ikipe yabo. Gusa umubare w'abakurikira imbuga zabo nawo ugaragaza ubuhangange bw'ikipe.

Urutonde rwashyizwe ahagaragara mu nkuru dukesha The sun, igaragaza urutonde rw'amakipe 10 mu mikino yose yishimiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga mu mwaka ushize wa 2021.

Muri iyi nkuru nidukoresha ijambo kwishimirwa, ni ijambo rya "Like" cyangwa "Reaction" rikunze gukoreshwa cyane ku mbuga nkoranyambaga turaba dushatse gukoresha mu kinyarwanda. Imibare igiye kugaragazwa ni imibare ikipe yabonye ya "Likes" uziteranyije ku byashyizwe ku mbuga zayo zose uteranyije.

Ikipe ya Manchester United niyo iyoboye urwo rutonde aho yagize miliyari 2.6 za likes na reactions kuri posts yakoze ku mbuga nkoranyambaga zayo. Aha abenshi bahuriza ku kuba iyi kipe yarabashije kugarura Cristiano Ronaldo wayihozemo kandi akaba afite abafana benshi.

Ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne niyo iza ku mwanya wa kabiri aho yagize likes miriyari 2.3. Iyi kipe n'ubwo mu kibuga bikomeje kwanga ariko abafana bo barigaragaza.

Muri uyu mwaka kandi ni naho hajemo inkuru za Lionel Messi wayivuyemo ajya muri PSG byatumye imbuga nkoranyambaga zayo zisurwa cyane.

Real Madrid yo muri Espagne nayo iza ku mwanya wa gatatu aho ifite miriyari 1.3. Naho ku mwanya wa kane hakaza Paris Saint-Germain ifite miriyari 1.2 ahanini yazamutse ku mbuga nkoranyambaga bitewe no gusinyisha Lionel Messi wari uvuye muri FC Barcelona.

Ikipe ya Chelsea yatwaye UEFA champions league, nayo igaragara kuri uru rutonde aho ifite miriyari 1.2 igakurikirwa na Liverpool nayo ifite miriyari 1.1 muri 2021.

Ku mwanya wa karindwi haza Galatasaray yo muri Turikiya aho ifite miriyoni 857. Naho ku mwanya wa munani n'uwa kenda hakaza amakipe akina umukino wa Cricket. Hari Royal Challengers Bangalore ifite miriyoni 820 na Chennai Super Kings ifite miriyoni 752.

Naho ku mwanya wa 10 haraza ikipe ya Flamengo yo muri Brazil ifite miriyoni 699 z'inshuro abantu bakanze like ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Urutonde rw'amakipe 10 yishimiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga mu 2021(Image:The sun)