Jado Castar yafunguwe

Jado Castar yafunguwe

 May 14, 2022 - 04:54

Bagirishya jean de Dieu wari umaze iminsi mu nzu y'imbohe azira ibyaha byo gukoresha inyandiko mpimbano yarekuwe.

Ni inkuru yari imaze iminsi itegerehwe n'abakunzi ba siporo mu Rwanda nyuma y'uko abahagarariye uyu mugabo bajuriye ku gifungo cy'imyaka ibiri yari yahawe kikagirwa amezi umunani bahereye ku gihe yari amaze afunze.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo binyuze kumbuga nkoranyambaga z'inshuti ye y'akadasohoka ariwe David Bayingana, yashyizeho ifoto yabo bombi amuha ikaze mu buzima agarutsemo.

Bagirishya jean de Dieu yahamijwe ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano ubwo hashakwaga ibyangombwa by'abakobwa bane b'abanya-Brazil bakiniye u Rwanda mu mikino y'igikombe cy'Afurika cya Volleyball giherutse kubera mu Rwanda, aribo Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes.

David Bayingana(ibumoso) ari kumwe na Jado Castar(iburyo) wafunguwe.

Castar yatawe muri yombi ku wa 20 Nzeri 2021. Yahise aburanishwa mu mizi hatabayeho ko aburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kuko yaburanye yemera icyaha, anagisabira imbabazi.

Jado Castar wari Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), yakatiwe imyaka ibiri n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ku wa 13 Ukwakira 2021, ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Nyuma yo gukatirwa imyaka ibiri ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano, Jado Castar yarajuriye ahabwa igifungo cy'amezi umunani ndetse akaba ariyo yasoje akarekurwa.