Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC

 Sep 9, 2024 - 15:39

Kuri uyu wa Mbere imirwano ikarishye yasakiranyije umutwe witwaje intwaro wa M23 n'ingabo za Congo-Kinshasa FARDC muri Teritwari ya Masisi.

Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imirwano ni akasamutwe hagati y'Ingabo z'iki gihugu FARDC ndetse n'umutwe wa M23 muri Teritwari ya  Masisi mu gace ka Muheto.

Ikinyamakuru Kivu Morning Post kiratangaza ko mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu Mbere, imirwano ikomeye yahuje imitwe ishyigikiwe na FARDC na M23 muri Muheto bituma biba iminsi ibiri impande zose zirwana ubudatuza.

Ntabwo imirwano ya none yabereye muri Muheto gusa, kuko no mu bindi bice nka Kanzenze, Kanyatsi, Nyamitaba ho muri Shoferi ya Bashali Kaembe muri Teritwari ya Masisi naho imirwano yahabereye.

Amakuru aturuka muri DR-Congo, aremeza ko guhera mu Cyumweru cyashize, M23 yasabye abaturage bo bice bya Mushababwe, Ruza, Bundase, Rushashi muri Gurupoma ya Tongo, Teritwari ya Rutshuru kuva muri iyi midugudu kugira ngo bahatangiza ibikorwa byo guhiga abarwanyi ba Wazalendo.