Perezida Donald Trump mu bashyitsi b'icyubahiro bazagaragara ku mukino wa Chelsea na PSG

Perezida Donald Trump mu bashyitsi b'icyubahiro bazagaragara ku mukino wa Chelsea na PSG

 Jul 10, 2025 - 14:28

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko azitabira umukino wa nyuma w'Igikombe cy’Isi cy'ama-club (Club World Cup) uzahuza Chelsea na PSG, uteganyijwe kuba ku Cyumweru, ukabera kuri sitade ya MetLife iherereye mu mujyi wa New Jersey.

Ibyo yabitangaje nyuma y'uko benshi barimo abakinnyi, abatoza n'abakunzi b'umupira w'amaguru bakomeje kwinubira iyi mikino kubera ibibazo byagiye bigaragaramo birimo guhagarara igihe kirekire kubera ibibazo by'iteganyagihe.

Ibi Kandi Trump yabitangaje nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, ritangaje ko rifunguye ibiro byaryo muri Trump Tower, inyubako ya Trump iherereye i New York.

Trump yatangaje iki cyemezo mu nama y’abaminisitiri yabaye ku mugoroba wo ku wa Kabiri, ibintu benshi bafashe nk’igikorwa cyo kwishimira no kwitura FIFA ku cyemezo cyo gukorera mu nyubako ye.

Donald Trump azitabira umukino wa Chelsea na PSG 

Imikino y'igikombe cy'isi benshi ntibishimiye kuba yarebere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika