Byari biteganyijwe ko umukino wa nyuma wa UEFA champions league uzabera mu mujyi wa St Petersburg ku kibuga cy'ikipe ya Zenit St Petersburg aricyo Gazprom Arena, ariko byahinduwe nyuma y'uko Uburusiya buteye Ukraine.
Uyu mukino uzaba yariki 28 Gicurasi 2022 ntabwo ukibereye kuri Gazprom Arena ahubwo uzabera kuri Stade de France iri mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, nk'uko byemejwe n'inama y'igitaraganya yateranye.
Stade de France yaherukaga kwakira umukino wa nyuma wa champions league mu myaka 16 ishize ubwo FC Barcelona yatsindaga ikipe ya Arsenal.
Itangazo rya UEFA riragira riti:"Inama ya komite y'ubuyobozi bwa UEFA yateranye uyu munsi nyuma y'ikibazo cy'umutekano cyiri mu Burayi.
"Iyi nama yanzuye ko hahindurwa aho umukino wa nyuma wa UEFA champions league y'abagabo 2021-2022 uzabera hahindurwa ukavanwa Saint Petersburg ukajyanwa Stade de France muri Saint-Denis."
Uburusiya bwari bugiye kwakira uyu mukino wa nyuma, nyuma y'uko umukino wa nyuma wa UEFA champions league iki gihugu giheruka kwakira byari mu 2008 aho Manchester United yatsinze Chelsea kuri penariti, mu mukino wabereye kuri stade ya Luzhniki iri mu murwa mukuru wa Moscow.
Ubusanzwe imikino nk'iyi izana n'isura nziza ku gihugu ariko by'umwihariko ikazana amafaranga dore ko aya makipe atandukanye azana abafana batari bake. Byari byitezwe ko uyu mukino byibuze uzazana abafana b'abanyamahanga basaga ibihumbi 50, biyongera ku barusiya baba bashaka kuwureba, ari nako bakoresha izindi serivisi mu gihugu.
Byemejwe ko uyu mukino wa nyuma ukurwa mu Burisiya nyuma y'uko iki gihugu giteye Ukraine ubu ibitero bikaba birimbanyije mu bice bitandukanye bya Ukraine by'umwihariko mu murwa mukuru Kyiv.
Amakuru yagiye ajya hanze avuga ko mu mezi macye ashize perezida w'Uburusiya Vladmir Putin yategetse ko hashyirwa ibirindiro ku mupaka ya Ukraine bigizwe n'amatsinda 150,000 y'abasirikare.
Kuri uyu wa kane nibwo byemejwe ko abasirikare b'Uburusiya batangiye kugaba ibitero muri Ukraine bibanda cyane ahantu habitse intwaro ndetse n'ibibuga by'indege.
Usibye kuba umukino wa nyuma wakuwe mu Burusiya, umuryango w'ubumwe bw'Uburayi wasabye UEFA gutandukana na sosiyete y'Abarusiya ya Gazprom isanzwe ari umuterankunga wa champions league.
Gazprom Arena nticyakiriye umukino wa nyuma wa UEFA champions league(Image:Daily mail)
Umukino wa nyuma uzabera kuri Stade de France(Net-photo)

