Kapiteni w’ibihe byose wa Liverpool Steven Gerrard usanzwe yarihariye ibikombe muri Scotland mu ikipe ya Rangers Fc yamaze kugaruka muri Premier League nyuma yo kuba umukinnyi udasanzwe.
Nyuma yuko Aston Villa yirukanye umutoza wayo mukuru Dean Smith yahise ijya mu biganiro byo kuzana Steven Gerrard.
Ni ibiganiro byamaze kurangira akaba yemeye gutoza Aston Villa imyaka ibiri n’igice akaba amaze gutangazwa ku mugaragaro nkuko tubikesha ikinyamakuru cyo mu bwongereza Sky Sports.
Steven Gerrard wabaye umukinnyi ukomeye wa Liverpool ndetse akanakinira ikipe y’igihugu y’ubwongereza (Three Lions) yamaze kugaruka muri Premier League aho yamaze kuba umutoza muri Aston Villa ikipe iri muzifite abafana benshi muri English Premier League.