Ikipe ya Arsenal ikomeje gushyirwaho igitutu n'abafana bayo bari kuyisaba guhagarika gukorana n'u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda, nyuma y'igihe gito bongereye amasezerano y'imyaka ine.
Ibi bibaye nyuma y'uko minisitiri w'intebe mu Bwongereza Boris Johnson atangaje ko hari gahunda yo kujya bohereza mu Rwanda abimukira binjira mu Bwongereza ku buryo butemewe n'amategeko.
Boris Johnson yatangaje gahunda yo kohereza mu Rwanda impunzi zinjira mu Bwongereza bitemewe n'amategeko
Mu mwaka ushize habaruwe impunzi n'abimukira barenga ibihumbi 28 binjiye mu Bwongereza banyuze mu gice cya Mainland Europe. Kwinjira kw'aba bimukira kandi byateje ibibazo hagati y'Ubufaransa n'Ubwongereza, cyane cyane nyuma y'uko abimukira 27 barohamye mu Ugushyingo.
Kuri uyu wa kane nibwo Minisitiri w'intebe w'Ubwongereza Boris Johnson yemeje ko bagiye gushyiraho ingamba zikaze mu kurinda inzira y'amazi abo bimukira bacamo binjira mu Bwongereza ku buryo ntawe uzabasha kongera kugera mu Bwongereza atagaragaye.
Muri iri jambo kandi niho Boris Johnson yanavuze ko hari gahunda yo kujya bafata abo babashije kwinjira mu Bwongereza muri izo nzira zitemewe bakoherezwa mu Rwanda.
Nyuma yo gutangaza ibi nibwo hagaragaye abafana benshi ba Arsenal basaba ko ikipe yabo yahagarika imikoranire ifitanye na Visit Rwanda guhera mu 2018. Ubwa mbere hasinywe amasezerano y'imyaka itatu afite agaciro ka miliyoni 30 z'amapawundi, ariko mu kwa ushize yarongerewe hasinywa indi myaka ine, buri mwaka Arsenal igahabwa miliyoni 10 z'amapawundi.
Abafana batandukanye bagiye bifashisha urubuga rwa twitter basaba ikipe yabo guhita ihagarika amasezerano ifitanye n'u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Abafana ba Arsenal barayisaba guhagarika imikoranire na Visit Rwanda(Image:Daily mail)
Nk'unwe yagize ati:"Abakinnyi ba Arsenal bagapfukama mu bya "Black lives matter" mu gihe "Visit Rwanda" itwibutsa ko Ubwongereza buri kohereza impunzi z'abirabura hariya. Ni igihe cyo guhagarika imikoranire."
Gusa n'ubwo abasaba ko Arsenal yahagarika gukorana na Visit Rwanda bakomeje kuba benshi, amakuru ava muri iyi kipe aravuga ko mu mukino barakinamo na Southampton kuri uyu wa Gatandatu baraba bambaye visit Rwanda ku maboko nk'ibisanzwe.
