Rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang wagiye muri FC Barcelona mu kwa mbere ni umwe mu bafashije cyane umutoza Xavi Hernandez kuvana intsinzi i Santiago Bernabeu, byanatumye ahita ashyiraho uduhigo.
Igitego cya mbere Aubameyang yagitsinze ku munota wa 29, nyuma y'umupira mwiza wari uhinduwemo na Ousmane Dembele nawe umeze neza muri iyi minsi. Iki gitego cyatumye Aubameyang aba umukinnyi wa mbere ubashije gutsinda Real Madrid mu mikino itanu ikurikirana yahuyemo nayo mu kinyejana cya 21.
Imikino ine Aubameyang yaherukaga guhura na Real Madrid yari akiri muri Borussia Dortmund kandi yagiye ayitsinda igitego muri buri mukino, none yongeye kuyisubira muri iri joro.
Ronald Araujo yatsinze igitego cya kabiri kuri kona yatewe na Ousmane Dembele, Ferran Torres atsinda icya gatatu ku mupira yahawe na Aubameyang ndetse Aubameyang atsinda igitego cya kane ku mupira yahawe na Ferran Torres.
Aka nako ni akandi gahigo kuri Pierre-Emerick Aubameyang kuko yabaye umukinnyi wa mbere ugize uruhare mu bitego bitatu ariyo El-Clasico ya mbere akinnye muri iki kinyejana, aho yatsinze ibitego bibiri akanatanga umupira umwe wavuyemo igitego cya Ferran Torres.
Ibi byatumye FC Barcelona yuzuza imikino 13 idatsindwa, ndetse nyuma y'ikiruhuko mpuzamahanga bazaza bakomereza kuri FC Sevilla iri ku mwanya wa kabiri ikaba irusha FC Barcelona amanota atatu, n'ubwo FC Barcelona ifite umukino umwe w'ikirarane.
Nyuma y'uyu mukino umutoza Xavi yatangaje ko afite ikizere ko umwaka w'imikino we wa mbere nk'umutoza wa FC Barcelona uzarangira neza muri Barça.
Yagize ati:"Sinzi ko dushobora gutwara igikombe cya shampiyona, ariko ntabwo twabihakana byose.
"Birashoboka ko twatinzemo ukuntu, ariko iyi ni intsinzi ikomeye cyane kuri twe. Twari beza cyane kurenza Real Madrid. Twakinnye hafi yo kuba nk'aho aritwe twari mu rugo. Ni umunsi wo kuturyohera cyane, bitari nk'umutoza wa Barça gusa ahubwo nk'umukunzi wayo. Twashoboraga kuba twatsinze ibitego bitanu cyangwa bitandatu byoroshye. Twahinduye uburyo bubi twatakajemo Clasico nke zishize."
Si rutahizamu Aubameyang wanditse amateka mashya gusa kuri uyu mukino, kuko umutoza we Xavi nawe yabaye umutoza wa gatatu wa FC Barcelona ubashije gutsinda Real Madrid ibitego bine cyangwa birenzeho muri El-clasico ye ya mbere.
Aubameyang yashyizeho uduhigo kuri El-clasico ye ya mbere(Image:Reuters)
FC Barcelona yigaranzuye Real Madrid yari imaze igihe iyitsinda(Net-photo)
