Manchester United ishobora guhanwa na UEFA  nyuma yo gutsindwa na Atletico Madrid

Manchester United ishobora guhanwa na UEFA nyuma yo gutsindwa na Atletico Madrid

 Mar 16, 2022 - 11:28

Manchester United ishobora guhanwa na UEFA nyuma y'uko abafana bayo bateye amacupa Diego Simeone, ubwo bari bamaze gukurwamo muri champions league.

Mu ijoro ryashize nibwo ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Atletico Madrid igitego kimwe ku busa, bituma ihita isezererwa ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko mu mukino ubanza bari banganyije 1-1.

Ubwo umusifuzi yari amaze guhuha mu ifirimbi umukino urangiye, umutoza Diego Simeone utoza Atletico Madrid yahise yiruka cyane yerekeza mu rwambariro anishimira ko ikipe ye ibonye itike yo gukina imikino ya 1/4 cya UEFA champions league.

Ubwo yarimo agana mu rwambariro abafana ba Manchester United bamuteye ibintu bitandukanye byiganjemo amacupa y'ibyo kunywa, ariko ku bw'amahirwe nta na kimwe cyabashije kumufata.

Kuri ubu byitezwe ko iyi kipe yo mu Bwongereza ishobora gufatirwa ibihano na UEFA, nk'uko iyi mpuzamashyirahamwe isanzwe ibikora ku yandi makipe aho abafana bayo bitwaye nabi ku mikino itandukanye.

Gutsindwa kwa Manchester United byongereye imyaka itari micye iyi kipe imaze idatwara igikombe icyo aricyo cyose, kuko iheruka igikombe mu 2017 ubwo iyi kipe yatwaraga Europa league. Iki kandi nicyo gihe kinini Manchester United imaze idakora ku gikombe kuva mu 1974.

Nyuma y'uyu mukino kapiteni wa Atletico Madrid ariwe Koke yagize ati:"Twari dukwiye intsinzi mu mukino wa mbere, ariko hano twarwanye ngo tubone ibyo twari dukwiye muri uyu mukino.

"Dushaka kugera kure muri iri rushanwa kandi birashimishije cyane kuba tukiririmo.

"Ni iby'ingenzi cyane kuri twe kuba tukiri muri champions league muri uyu mwaka w'imikino twagizemo ibihe byiza n'ibibi.

"Kuri nge, Jan Oblak ni umuzamu wa mbere ku isi. Yongeye kubyerekana iri joro."

Umukino ukirangira Simeone yahise yiruka ajya mu rwambariro(Image:PA)

Abafana ba Manchester United bamuteye amacupa(Image:BT sport)