Muri Kenya  abagabo batatu bakatiwe urwo gupfa bazira ubwicanyi

Muri Kenya abagabo batatu bakatiwe urwo gupfa bazira ubwicanyi

 Aug 27, 2024 - 19:42

Nyuma yo guhamwa n'icyaha cyo kwica uwari umukoresha wabo witwa Milembe Selemani, urukiko rwabakatiye igihano cy'urupfu.

Nyuma y’urupfu rw’uwahoze ari umukozi wa Geita Gold Mine (GGM) Milembe Selemani, abantu batatu bakatiwe urwo gupfa bazira uruhare mu rupfu mu gihe uwa kane waregwaga witwa Musa Lubingo, yarekuwe nyuma y’uko ibimenyetso byatanzwe n’ubushinjacyaha bitabashije kumuhamya icyaha.

Urubanza rwasomwe uyu munsi ku ya 27 Kanama 2024 n’umucamanza Mfawidhi wo mu rukiko rukuru rwo mu karere ka Geita witwa Kelvin Mhina, rwamaze amasaha arenga abiri.
Umucamanza Mahina yasobanuye ko ukurikije ibimenyetso byatanzwe n’ubushinjacyaha, urukiko rwahamije abaregwa batatu icyaha maze uwakane witwa Musa Lubingo we akagurwa umwere.

Abakatiwe mu rubanza nimero 39 yo mu 2023 ni Dayfath Maunga w’imyaka 30, Safari Labingo w’imyaka 54 na Pasiteri wa Genja Deus w’imyaka 44.

Umucamanza Mhina yavuze ko mu bimenyetso byatanzwe mu rukiko ko Milembe yishwe kandi umurambo we wabonetse ufite ibikomere nk’uko byemejwe n’umutangabuhamya wa gatandatu wari umuganga wasuzumye umurambo.

Mu gutanga iki gihano, umucamanza Mhina yavuze ko nk’uko amategeko abiteganya, abaregwa bakatiwe igihano cy’urupfu kandi ababwira ko bafite uburenganzira bwo kujurira niba batanyuzwe n’icyemezo cy’urukiko.