Umuraperi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Meek Mill, yavuze ko yifuza ubwenegihugu bwa Ghana kuko ngo amaze kurambirwa ihohoterwa rikorerwa abirabura muri Amerika.
Meek Mill arasaba kuba umunya-Ghana kubera uburyo abirabura bahonyorwa muri Amerika
Ibyo Meek Mill yabivuze abinyujije ku rubug rwa X rwahoze rwitwa Twitter, asobanura ko ashaka ubwenegihugu bwa Ghana kuko Amerika yo isa n’iyaremewe kurimbura abirabura.
Uyu muraperi yagize ati:”Ndashaka ubwenegihugu bwa Ghana! Amerika yo yaremewe kurimbura abagabo b’abirabura, mu gihe idakoze ibyo bifuza. Njye hari umusaza w’imyaka 70 w’umwirabura warashwe mu mutwe aho ntuye!”
Meek Mill yabivuze nyuma yo gushengurwa n'urupfu rw'umusaza w'umwirabura warasiwe mu gace atuyemo
Meek Mill yatangaje ibi mu gihe n’ubundi Amerika ari kimwe mu bihugu bivugwaho guhonyora uburenganzira bw’abirabura ku rwego rwo hejuru.