Ku gicamunsi cyo kuri uyu mbere tariki ya 08 Gicurasi, Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yashishimuye inyandiko yo gufata mu mugongo umuryango wa nyakwigendera icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Ismail Olaxes Ichuli.
Ibrahim Tusubira wamenyekanye nka Jajja Kalevu Ichuli akaba icyamamare ku mbuga nkoranyambaga ndetse akanaba n'Umunyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Museveni, yishwe arashwe ku wa 06 Gicurasi 2023, i Kyanja Central Zone n'abantu batari bamenyekana.
Mu butumwa Perezida Yoweri Museveni yahaye umuryango w'uyu munyapolitike, yabasezeranyije ko nta kabuza ababikoze bazabiryozwa.

Nyakwigendera Jajja Iculi na Perezida Yoweri Museveni
Ati " Abagande bose tubabajwe n'urupfu rwa Ibrahim Tusubira uzwi ku izina rya Isma Ichuli. Nihanganishije umuryango wa Ichuli kandi namaganye ingurube zimwe zishe uyu mugabo. Ingurube nizo zikoresha intwaro zica abadafite intwaro."
Yakomeje agira ati "NRM yishimira kuganira n'abatavuga rumwe na Leta badakoresha intwaro ahubwo bakoresha ibitekerezo. Kwica abo mutavuga rumwe byerekana ko umwanya wawe ari ibinyoma, kandi ntushobora gutongana n'uwo muhanganye. Kuki wamwica niba yakoze nabi kandi avuga ukuri? Abicanyi bafite ibitekerezo bifutamye."
Perezida Yoweri Museveni akaba yijeje Abagande ko abakoze ibi bazabiryozwa kandi vuba, ati" Muribuka Bijambiya i Masaka? Abenshi muri abo bakekwaho kuba abicanyi bari mu nkiko uyu munsi. Uribuka itsinda rya Kiddawalime? Abenshi muri bo barapfuye abandi barafunzwe."

Nyakwigendera Jajja Iculi
Ati" Guverinoma yose iri kumwe n'umuryango wa Jajja Iculi kandi turikumwe, turabizeza ko abakoze biriya bazahanwa."
Perezida Museveni akaba yaherukaga guhura na Ichuli ku wa 14 Gashyantare 2020, aho uyu Inchuli yari akuriye ishyirahamwe ry'abakoresha imbuga nkoranyambaga (Uganda Bloggers Association).
