Mbere gato y’uko Juvénal Habyarimana ahanurwa mu ndege yarimo agahita apfa, yari amaze igihe yikanga kwicwa

Mbere gato y’uko Juvénal Habyarimana ahanurwa mu ndege yarimo agahita apfa, yari amaze igihe yikanga kwicwa

 Apr 7, 2025 - 16:22

Nyuma y'uko Perezida Juvénal Habyarima yari amaze iminsi avuga ko afitiye impungenge umutekano we, inama y'Abaminisitiri yateranya kuwa 15 Werurwe mu 1990 yafashe umwanzuro wo kumuha indege, ngo ajye ayikoresha mu ngendo z'akazi. Gusa n'ubwo iyo ndege yari igisubizo ku kibazo cy'umutekano wa Habyarima, ntago yahwemye kugaragaza ko agifite impungenge, ku buryo yanagiye asubika zimwe mu ngendo yari afiteye mu mahanga.

Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu Bufaransa ku wa 15 Werurwe 1990 ni yo yafatiwemo umwanzuro ntakuka wo kumuha indege ngo ajye ayikoresha mu ngendo z’akazi, binaba n'igisubizo ku mutekano we yari afitiye impungenge, kubera akavuyo kari kamaze iminsi mu butegetse bw'u Rwanda.

Juvénal Habyarima yari amaze igihe afitiye impungenge umutekano we

Ubwo Perezida Habyarimana yahabwaga iyi ndege yo mu bwoko bwa Falcon 50, yari amaze iminsi agaragariza u Bufaransa ko afite impungenge ku bijyanye n’umutekano w’ikibuga cy’indege cy’i Kigali ku buryo ngo yari yaranasabye ko Abafaransa bamusanira radar yari yarapfuye cyangwa bakaba bamuha indi nshya.

Raporo yakozwe na Komisiyo yari iyobowe na Dr Mutsinzi Jean ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, igaragaza ko yapfuye yari amaze igihe abyiyumvamo ndetse akaba yari yaragiye asubika ingendo zitandukanye nk’urwo gushyingura Melchior Ndadaye wari Perezida w’u Burundi na Félix Houphouët-Boigny wa Côte d’Ivoire.

Perezida Juvénal Habyarima yari amaze igihe asubika ingendo yari afite