Ni umukino ukomeye kurusha iyindi mu bwongereza wari wahuje Manchester United na Liverpool.
Umukino watangiye amakipe yombi ashaka gutsinda nkuko bari babitangaje mbere yuyu mukino.
Liverpool yatangiye ifite imbaraga kuko ntibyasabye igihe kinini ku munota wa 5 gusa Naby Keïta yari amaze gufungura amazamu ku ruhande rwa Liverpool ku mupira yahawe na Mohamed Salah.
Liverpool yakomeje kotsa igitutu ikipe ya Manchester United ntibyatinze kuko ku munota wa 14 Diogo Jota yatsinze igitego cya kabiri cya Liverpool ku mupira yahawe na Trent Alexander Arnold .
Ntibyatinze ngo Manchester United yari imaze gushyuha mu mutwe. Ku munota wa 38 Mohamed Salah yatsinze igitego cya 3 ku mupira yahawe na Naby Keïta.
Manchester United yasaga nkiyamaze kuva mu mukino itangira gukora amakosa ku munota wa 41 Luke Shaw yahawe ikarita y’umuhondo, 45+1 Cristiano Ronaldo na Fred ku munota wa 45+3.
Igice cyambere kigiye kurangira Mohamed Salah ku munota wa 45+5 yatsinze igitego cya 4 cya Liverpool ku mupira yahawe na Diogo Jota.
Igice cyambere kirangira ari Manchester United 0-4 Liverpool.
Igice cya kabiri cyatangiye abantu bitezeko Manchester United igiye guhindura imikinire ikaba yagabanya umwenda w’ibitego yari yatsinzwe ariko siko byagenze.
Kuko ku munota wa 46 Bruno Fernandez yahawe ikarita y’umuhondo naho ku munota wa 50 Mohamed Salah yatsinze igitego cya 5 cya Liverpool ku mupira yahawe na Jordan Henderson kikaba icya gatanu cya Liverpool n’icya 3 cya Mohamed Salah.
Manchester United yatangiye kwiharira umupira abantu bagirango igiye kwishyura ibitego yari yatsinzwe nkuko yarisanzwe ibigenza mu mu mikino yayo.
Ku munota wa 52 Cristiano Ronaldo utari wagaragaye muri uyu mukino yatsinze igitego ariko VAR iracyanga.
Manchester United ikomeza gutindana umupira arinako Liverpool icungira ku makosa yakorwaga n’abasore ba Ole Gunner Solskjær.
Ku munota wa 55 Harry Maguire yahawe ikarita y’umuhondo hanyuma ku munota wa 60 Paul Pogba wari winjiye mu kibuga asimbuye Mason Greenwood yahawe ukarita y’umutuku.
Nubwo abantu bari baziko ibitego bigiye kwiyongera siko byagenze kuko Manchester United yakomeje kwihagararaho.
Impinduka zabaye mu mukino Manchester United yasimbuje Bruno Fernandez hajyamo Edinson Cavani, Marcus Rashford ahereza umwanya Diogo Dalot mu gihe Paul Pogba yari yasimbuye Mason Greenwood.
Liverpool yasimbuje James Milner ahereza umwanya Curtis Jones, Naby Keïta ahereza umwanya Oxlade Chamberlain naho Roberto Firmino ahereza Umwanya Sadio Mané.
Umukino urangira ari ibitego 5 bya Liverpool ku busa bwa Manchester United.
Nyuma y'uyu mukino benshi biteguye ko Ole Gunner Solskjær ashobora kwirukanwa nyuma yo gutsindwa imikino ibiri yikurikiranya muri Premier League.
