Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina gufungwa burundu
Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina gufungwa burundu
Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina gufungwa burundu

Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina gufungwa burundu

 Jun 17, 2021 - 04:55

Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina igifungo cya burundu ku byaha akurikiranyweho bifitanye isano n’iterabwoba byakozwe binyuze mu mutwe wa FLN yari mu bayobozi bawo ukagaba ibitero mu Rwanda. Uyu yasabiwe gufungwa burundu Atari mu rukiko akaba akurikiranyweho ibyaha icyenda.

Ibyaha icyenda aregwa 

1. Kwemeza ko Rusasabagina ahamwa n’icyaha cyo kurema umutwe utemewe gihanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15

2. Ko ahamwa n’icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 20

3. Icyaha cyo gutera inkunga iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 10

4. Icyaha cy’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, gihanishwa igifungo cya burundu

5. Icyaha cy’itwarwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25

6. Icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25

7. Icyaha cyo gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo 25

Paul Rusesabagina yeretswe itangazamakuru ku itariki 31 Kanama mu 2020

8. Icyaha cy’ubwinjiracyaba bw’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25

9. Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba gihanishwa igifungo cy’imyaka 25