Marioo yongeye kwihanangiriza ba kidobya mu rukundo rwe na Paulah Kajala

Marioo yongeye kwihanangiriza ba kidobya mu rukundo rwe na Paulah Kajala

 Oct 14, 2025 - 17:45

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania, Marioo, yongeye kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyira hanze ubutumwa bukarishye abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yihanangirije abantu bose bari kugerageza guhungabanya amahoro y’urukundo rwe na Paulah Kajala, umukunzi we akaba n’umugore we bitegura kurushinga.

Marioo yavuze ko yamenye ko hari abantu barimo abanyapolitiki ndetse n’ibyamamare bimwe na bimwe, bashishikariza Paulah gukora ibintu bishobora gusenya urukundo rwabo.

Mu butumwa bwe, uyu muhanzi yagaragaje ko arambiwe ayo makosa, anavuga ko naramuka akomeje kubibona, azatangira kubashyira ku karubanda ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati:“Hari abantu bafite imyitwarire idahwitse. Barimo guha Paulah inama zisenya aho kubaka. Nibakomeza, nzatangira kubavuga ku mugaragaro."

Uwo muhanzi kandi yasobanuye ko ubwo Paulah yari atwite inda ye, hari abantu bagiye bamugira inama mbi yo kuyikuramo, bavuga ko Marioo atari umugabo ukwiye kuri we. Ariko, nk’uko Marioo yabigaragaje, urukundo rwabo rwakomeje gukomera ndetse ubu bombi bari mu myiteguro yo kurushinga.

Iyi si yo nshuro ya mbere Marioo ashyira hanze ubutumwa nk’ubu , dore ko aherutse no kugaragaza ko hari abantu benshi bashaka kubacamo ibice, ariko ashimangira ko urukundo rwabo rutajegajega kandi bazakomeza kurwubaka n’ubwubahane bukomeye.

Marioo yongeye kwihanangiriza abashaka kudobya urukundo we na Paulah Kajala

Marioo ashimangira ko nta kizamutandukanya na Paulah Kajala