Ibi uyu mukinnyi wakiniye amakipe akomeye hano mu Rwanda arimo Rayon Sports (2014–2019) na APR FC (2019–2023), yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Choice Live kibanze ku hazaza he ndetse n'uko abona imyiteguro ya Rayon Sports na APR FC y'umwaka utaha w'imikino.
Agaruka ku byo kwerekeza mu ikipe ya APR FC cyangwa Police FC, Djabel yagize ati "Ndi umukinnyi warangije amasezerano mu ikipe nari ndimo, ibya APR FC cyangwa Police FC babivuga kuko bazi ko nta kipe mfite, ariko muri rusange ukuri guhari ni uko nta kipe n'imwe muri izo turavugana."
Umunyamakuru uri mu bakomeye muri Afurika mu nkuru z'igura n'igurisha ry'abakinnyi 'Mickey Jnr' aherutse gutangaza ko uyu musore w'imyaka 27 yifuzwa n'ikipe ya Azam yo mu gihugu cya Tanzania.
Iyi kipe kandi yiyongera ku yandi abiri yo mu gihugu cya Tunisia na yo ngo ari mu biganiro n'uyu musore w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'umupira w'amaguru (Amavubi).
Usibye ikipe ya Rayon Sports na APR FC yakiniye, Djabel Manishimwe kandi yakiniye anazamukira mu ikipe ya Isonga F.C, akinira USM Khenchela yo mu gihugu cya Algeria, Mukura VS yanyuzemo igihe gito, Al-Quwa Al-Jawiya yo muri Iraq ndetse na Naft Al-Wassat SC yaherukagamo.
Djabel Manishimwe ni umwe mu bakinnyi bagihamagarwa mu ikipe y'igihugu Amavubi
Djabel yemeye kujya gukina mu ntara n'ubwo abakinnyi bamwe batajya babyemera
