Amakuru yandikwa n'ibinyamakuru byo muri Esipanye aravuga ko Cristiano Ronaldo atazerekeza muri Real Madrid muri iyi mpeshyi, nk'uko byari bimaze iminsi bivugwa.
Uyu munya-Portugal yavuye muri Real Madrid mu 2018 nyuma yo kuhagera mu 2009, aho yayitsindiye ibitego 450 mu mikino 438 yayikiniye ndetse ayifasha gutwara ibikombe bine bya UEFA Champions league.
Cristiano Ronaldo yatwaye Champions league enye muri Real Madrid
N'ubwo uyu mugabo aherutse kujya i Madrid aho byavugwaga ko yagombaga kuganira na Florentino Perez, ikinyamakuru Marca dukesh iyi nkuru kiravuga ko Ronaldo atenda gusubira muri Real Madrid.
Mu mpeshyi ishize nibwo Cristiano Ronaldo yagarutse muri Manchester United anayitsindira ibitego 24 mu marushanwa yose, ariko iyi kipe yananiwe kubona itike yo gukina Champions league.
Ronaldo arifuza kuva muri Manchester United
Ibi ni nabyo byatumye uyu rutahizamu asaba Manchester United ko yakwigendera, ariko kubona ikipe yerekezamo bikomeje kugorana.
Bivugwa ko Chelsea, Bayern Munich na PSG ariyo makipe ya mbere yamaze guhakanira Jorge Mendes ushinzwe gushakira Cristiano Ronaldo amakipe, mu gihe Ronaldo nawe yanze akavagari yahabwaga n'ikipe yo muri Saudi Arabia.
