Umwe mu bayoboye igitekerezo cya European super league yongeye gukanga isi ya ruhago

Umwe mu bayoboye igitekerezo cya European super league yongeye gukanga isi ya ruhago

 Mar 4, 2022 - 03:33

Andrea Agnelli uyobora Juventus yemeje ko amakipe yari muri European super league n'ubu agifite iyo gahunda n'ubwo mu 2021 irushanwa ryanzwe.

Andrea Agnelli yemeje ko amakipe yari mu mushinga wa European super league mu mwaka ushize n'ubu acyunze ubumwe, kandi avuga ko hakiri gahunda yo kubyutsa uwo mushinga.

Uyu muyobozi wa Juventus yari umwe mu bayoboye inkundura yo gushyiraho iri rushanwa ubwo ryashyirwaga ahagaragara muri Mata 2021 bigaragara ko ryabangamira UEFA champions league.

Amakipe yo mu Bwongereza ariyo Manchester City, Chelsea, Manchester United, Tottenham, Liverpool na Arsenal zose zikuye muri iri rushanwa mu mwaka ushize nyuma y'uburakari bukomeje bwagaragajwe n'abafana bayo mu Bwongereza.

Mu makipe yatangaje ko yavuye muri uyu mushinga ntiharimo Real Madrid, FC Barcelona na Juventus iyoborwa n'uyu Andrea Agnelli, ndetse ubu akaba avuga ko amakipe yose agifite ubwo bushake kandi uyu mushinga uzabyutswa.

Agnelli yagize ati:"Ntabwo Super league yatsinzwe. Mu bitekerezo byange, umupira w'Uburayi ukeneye ivugururwa cyane.

"UEFA yari ibizi ko nge nka perezida wa Juventus ndi gukora ku kindi kintu gitandukanye. Super league ni umukoro uhuriweho n'amakipe 12, si umuntu umwe. Amakipe 12 yasinye amasezerano agizwe na paji 120 kandi aracyareba amakipe 11 muri ayo."

Irushanwa rya Super league ryarwanyijwe cyane na UEFA ndetse na FIFA ahanini kubera ko ari iry'amakipe akomeye rigaheza amakipe adafite amazina akomeye cyane. Gusa hagakomeza kwibazwa ukuntu FIFA yanze European super league, ariko ikaba ishyigikiye African super league biteganyijwe ko izatangira mu 2023.

Andrea Agnelli avuga ko European super league izabyutswa(Image:Juventus.com)

Amakipe yari muri super league ku ikubitiro(Net-photo)