Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imirwano ikomeye yahuje umutwe wa M23 n'abarwanyi ba Wazalendo ahitwa Kizimba muri Gurupoma ya Bukombo Shoferi ya Bwito ho muri Teritwari ya Rutshuru.
Imirwano ya none, birvugwa ko yiganje mu midugudu ya Sisa, Rubona n’ahandi mu birometero bigera kuri bine uvuye Kizimba. Ni imirwano kandi yumvikanye i Masisi hagati ya M23 na FARDC, n'ubundi mu masaha y'igitondo.
Ni nako urusaku rw'amasasu rwumvikanye mu bice bya Bucholi, Kinyabugize hagati ya Gurupoma za Bishusha na Bukombo. Guhera saa kumi n’imwe z’igitondo muri centre ya Bishusha havuzwe imirwano itagize byinshi yangiza.
Indi mirwano iravugwa muri Teritwari ya Masisi hagati ya M23 na FARDC muri Gurupoma ya Kibabi, aho bivugwa ko kuva mu gitondo hari kuba imirwano ku dusozi twa Kabingo na Rutingita. Aha ni mu burengerazuba bw’Umujyi wa Rubaya.
